• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Canada: Abantu 9 bapfiriye mu mpanuka abandi 30 barakomereka

OMEGA BOY by OMEGA BOY
April 27, 2025
in Amakuru
0
Canada: Abantu 9 bapfiriye mu mpanuka abandi 30 barakomereka
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Polisi ya Canada yatangaje ko abantu icyenda bapfuye abandi benshi bakomereka nyuma y’uko umugabo w’imyaka 30 agonze abantu bari bitabiriye ibirori byaberaga ku muhanda wa Filipino mu Mujyi wa Vancouver, uri mu Burengerazuba.

Iyo mpanuka yabaye mu ijoro ryo ku ku wa 26 rishyira ku wa 27 Mata 2025, ubwo abantu bari bizihiwe bari bitabiriye iserukiramuco ryiswe ‘Lapu Lapu Day’.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Abibasiwe n’iyo mpanuka bahise bajyanwa mu bitaro byo muri ako gace, aho abakozi babyo bari baburiwe ko bagiye kwakira inkomere nyinshi.

Umuyobozi w’Akarere ka Vancouver Ken Sim, yihanganishije ababuriye ababo muri iyo mpanuka ndetse agaragaza ko ababajwe na yo.

Yagize ati: “Natunguwe kandi mbabajwe cyane n’ibyabaye biteye ubwoba kuri uyu munsi wa Lapu Lapu.”

Ikinyamakuru Al Jazeera cyatangaje ko umunsi wa Lap Lap uba ari ikimenyetso ku Banya-Philippine, baba bizihiza abayozi babo barwanyije ubukoloni mu kinyejana cya 16.

Sim yongeyeho ati: “Ibitekerezo byacu biri kumwe n’abagize ibyago n’umuryango w’Abanya-Philippine muri iki gihe kitoroshye.”

Minisitiri w’Intebe wa Canada, Mark Carney, yavuze ko ababajwe n’ibyabereye mu iserukiramuco rya Lap Lap yihanganisha abagize ibyago.

Yavuze ko Guverinoma yifatanyije nabo kandi hakomeza gukorwa iperereza.

Ukekwaho guteza iyo mpanuka yahise atabwa muri yombi na polisi mu gihe hagikomeje iperereza go hamenyekane icyabiteye.

Previous Post

Iyo adapfa yari kuba yujuje imyaka 30! Abakunzi b’umuhanzi Yvan Bravan witabye Imana bamwifurije isabukuru nziza

Next Post

Esipanye: Polisi yafunze umugore wagurishije umwana we amyero 2000

Next Post
Esipanye: Polisi yafunze umugore wagurishije umwana we amyero 2000

Esipanye: Polisi yafunze umugore wagurishije umwana we amyero 2000

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved