Mu Kagari ka Karangara, Umurenge wa Rugarama mu Karere ka Burera, haravugwa urupfu rw’umwana w’imyaka ibiri witwa Izere, watwawe n’umuvu w’amazi y’imvura yari yaguye ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki ya 22 Ukwakira 2025.
Umwe mu baturage bo muri ako gace yavuze ko yari hafi y’aho byabereye ubwo yabonaga abana bakina, ahita akeka ko habaye ikibazo.
Yagize ati: “Nari ngiye kureba abana biga mu mashuri y’incuke (Nursery), mpageze nsanga mbona umukobwa umwe ari kwibaza ati ‘ko wagira ngo uriya mwana ni uwo kwa Martin’, nuko njya kureba nsanga ari mu mugezi. Nahise mpamagara abantu ndatabaza.”
Ababyeyi ba nyakwigendera bavuze ko bari bamusize mu rugo ari gukina n’abandi bana nuko. Imvura iragwa amazi ava mu ishyamba ry’Ibirunga aza kuba menshi, umuvu uramufata uramujyana.
Mugahinda kenshi Ati:“Twamushatse mu rugo turamubura, hashize akanya gato batubwira ko bamubonye mu cyobo cy’amazi kiri hafi y’urugo rwacu, ariko yamaze gupfa,”
Umuyobozi w’Umurenge wa Rugarama, Ingabire Samuel, yemeje ayo makuru, asobanura uko byagenze.
Yagize ati:
“Bamusize mu rugo, aza kujya gukina n’umwana w’umuturanyi ufite imyaka itanu, nyuma Imvura yabasanzemo bakina, umuvu utwaramo umwe, Uwo mwana w’imyaka ibiri bamusanze mu cyobo cy’amazi giherereye muri metero hafi 200 uvuye mu rugo rwabo.”
Gusa abaturage bavuga ko uyu murenge ukunze guhura n’ibibazo by’amazi amanuka ava mu ishyamba ry’Ibirunga, ateza imyuzure n’inkangu, ndetse agasenya amazu yabo.
Bati:“Iyo imvura iguye, buri muturage wegereye uruzi ahungira kure, kuko amazi amanuka afite imbaraga nyinshi kandi ahora ateza ibibazo. kuko iyonahageze atwara n’amatungo,”
Abaturage b’uyu murenge basaba ko hashyirwaho uburyo bwo gufata amazi ava mu ishyamba ry’Ibirunga kugira ngo atazajya yongera guteza impanuka nk’izi.
Gusa nubwo ibi byabaye Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) isaba abaturage kwitwararika cyane mu gihe cy’imvura nyinshi, cyane cyane abatuye mu duce twegereye imigezi n’imirambi. Irakangurira buri wese:
- Kutemera abana gukina hafi y’imigezi cyangwa ahanyura imivu y’amazi,
- Kwimura ibikoresho n’amatungo igihe hagaragaye amazi menshi,
- Guhungira ahantu hizewe igihe imvura iguye ari nyinshi cyane.
No gutanga amakuru hakiri kare ku nzego z’ibanze igihe habonetse ibimenyetso by’amakuba ashobora guterwa n’imvura.




