Mu kagari ka Runoga, Umurenge wa Gitovu mu Karere ka Burera, haravugwa inkuru y’umugore witwa Nyiransekuye Florence, w’imyaka 30, ukurikiranyweho kwica umugabo we Twahirwa Théophile, w’imyaka 33, amukubise ishoka mu mutwe.
Abaturage bo muri aka gace bavuze ko uyu mugore asanzwe agaragaza imyitwarire mibi, aho ngo yakundaga gukubita no gutoteza bagenzi be nta mpamvu ifatika afite. Umwe mu baturage yagize ati:
“Uyu mugore aherutse gukubita umukecuru baturanye,ndetse n’undi mugore nta mpamvu. Yigeze no gufungwa ariko aza kurekurwa. Icyo nasaba Leta, ni uko icyaha kimuhama agahanwa bikwiye.”
Hari n’abavuga ko nyuma yo gukubita umugabo we, abaturage ari bo bafashe Nyiransekuye bakamushyikiriza ubuyobozi, ariko bamugezayo akababwira ngo “ufunga siwe ufungura.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gitovu, Kayitsinga Faustin, yemeje iby’aya makuru, ashimangira ko uyu mugore yahise atabwa muri yombi ku bufatanye n’inzego z’umutekano, kandi iperereza rigikomeje. Yagize ati:
“Ni umuryango wari usanzwe ubana mu makimbirane. Kuri ubu umugore ari mu maboko y’ubutabera kugira ngo akurikiranwe.”
Amakuru atangwa n’abaturage avuga ko uyu muryango wari umaze imyaka 13 ubana, ukaba wari ufite abana batatu. Nyiransekuye ngo yari yarigeze gufungwa kenshi kubera imyitwarire mibi, ariko akajya arekurwa. Kuri iyi nshuro, arakekwaho kwica umugabo we amukubise ishoka.




