• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Bugesera: Umusore yishe mugenzi we amukebye ijosi

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 7, 2025
in Amakuru
0
Bugesera: Umusore yishe mugenzi we amukebye ijosi
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu mudugudu wa Kamabare, Akagari ka Ngenda, Umurenge wa Nyarugenge mu Karere ka Bugesera, haravugwa inkuru y’abasore babiri, umwe witwa Danny n’undi witwa Bukuru, aho amakimbirane yavuyemo urupfu rwa Danny wari usanzwe uzwi nk’igisambo ruharwa.

Amakuru avuga ko Bukuru, usanzwe ukora imirimo y’amaboko imufasha kubona amaramuko, ku munsi wo ku wa mbere yari yakoze akazi akabona amafaranga angana n’ibihumbi bitanu (5,000 Frw). Ngo anyweramo amafaranga 1,200 Frw, asigarana 3,800 Frw.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Nyuma yaho, Danny afatanyije n’abandi basore batatu ngo bakubise Bukuru bamwambura ayo mafaranga yari yasigaranye. Hanyuma Bukuru ababwira ko ayo mafaranga azayishyuza, kandi ko atazayabarekera.

Nk’uko bivugwa n’abaturage, mu ijoro ryakurikiriyeho, Bukuru yabukereye afite icyuma, ajya kureba Danny bari wamutwaye ayo mafaranga, maze amukata mu ijosi ahita apfa.

Umwe mu baturage yagize ati: “Numvise induru ahagana saa munani z’ijoro, ndabyuka ngeze mu mu muhanda mbona abantu baterana amabuye. Numva umwe avuga ti ‘muranyemeje, nimpura numwe muri mwe nzamwemeza.’ Nahise nsubira mu rugo, sinashatse kwivanga kuko sinari nzi ibyo bapfa. Mu gitondo mbyutse numva bavuga ngo umuntu bamukase ijosi, ngeze kuri kaburimbo nsanga ni ukuri, uwamukebye yari yamaze kugenda.”

Abaturage bavuga ko Bukuru yari yahawe amafaranga 5,000 Frw ya avance, akajya gifata kamwe mu kabari , ari nabwo yahuriragayo na Danny n’abo bari kumwe bakamwambura.

Undi muturage yagize ati:“Twumvise induru, umwe avuga ngo ‘murekere aho , muranyemeje’. Uwo Bukuru birangira abitse inzika, abyukana umujinya ajyana icyuma, ajya guca ijosi Danny. Nyuma yo kumukata yahise yiruka, umudamu wari uvuye guhinga ni we wakuyemo icyuma mu ijosi ry’uwishwe.”

Abaturage bavuga ko nubwo Bukuru akiri gushakishwa n’inzego z’umutekano, uwishwe (Danny) yari yarazengereje abaturage kubera ubujura n’ibikorwa by’urugomo.

Itangazamakuru ryagerageje kuvugisha ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera ngo bugire icyo buvuga kuri ibi byabaye, ariko ntibyashobotse.

Previous Post

Bugesera: Umupasiteri yapfiriye mu nzu y’umugore bari bararanye

Next Post

Muhanga: Yafashwe ari kubaga imbwa indi iziritse

Next Post
Muhanga: Yafashwe ari kubaga imbwa indi iziritse

Muhanga: Yafashwe ari kubaga imbwa indi iziritse

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved