• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Bugesera: Umugabo yapfiriye mu Kagali bikekwa ko yishwe n’abanyerondo

OMEGA BOY by OMEGA BOY
May 12, 2025
in Amakuru
0
Bugesera: Umugabo yapfiriye mu Kagali bikekwa ko yishwe n’abanyerondo
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 11 Gicurasi 2025 Nibwo mu biro by’Akagari ka Bihari, mu Murenge wa Ruhuha, Akarere ka Bugesera, hasanzwe umugabo yapfuye, bikekwa ko yiyahuye.

Abaturage batuye muri aka Kagari ka Bihari, ubwo baganiraga n’itangazamakuru ku murongo wa telefoni, bavuze ko uyu nyakwigendera witwa Nkundiye Laurent, mbere yuko yitaba Imana, mu ijoro ryakeye yagaragaye ari kumwe n’abakora irondo ry’umwuga ubwo bari bagiye kumufungira ku Kagari nyuma yuko hari aho yari ateje akavuyo inshuro ebyiri zose.

Related posts

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

March 17, 2026
Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026

Bakomeje babwira Umunyamakuru ko bakeka ko yaba yakubiswe n’abanyerondo bikamuviramo gupfa kuko ngo bwa mbere nyakwigendera yabanje guteza akavuyo ahantu abanyerondo barabihosha noneho atashye mu rugo rwe ahita asagarira umugore we biteza umwiryane kugeza ubwo inzego zishinzwe umutekano zihagobotse zigahitamo kujya kumufungira ku Biro by’A’agari mu rwego rwo guhosha amakimbirane.

Bati” Amakuru y’urupfu rw’umuturanyi twayamenye mu gitondo ubwo yasangwaga mu Biro by’Akagari ka Bihari yapfuye, Turakeka ko yaba yishwe akubishwe n’abanyerondo bahamujyanye kuko mbere yuko apfa mu ijoro ryakeye yabanje gukimbirana n’abantu nabwo atashye iwe aserera n’umugore we wa kabiri bituma abanyerondo bahagera bahitamo kumutwara aho yasanzwe yapfuye. Wabona bamukubise bimuviramo gupfa ahubwo mu rwego rwo kuyobya uburari bamukuramo umupira we bawumuzirikisha mu ijosi bamumanika mu ikositara ngo bigaragare ko yiyahuye”.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruhuha, Uwamugira Marthe, ubwo yagiranaga ikiganiro n’umunyamakuru ku murongo wa telefoni, yahamije iby’iyi nkuru y’incamugongo, aho yavuze ko kugeza ubu hataramenyekana neza icyishe nyakwigendera cyakora nyuma y’iperereza ryahise ritangira akaba aribwo kizamenyekana.

Yagize ati” Nibyo koko amakuru y’urupfu rwa nyakwigendera twayamenye tuyabwiwe n’abanyerondo bakoze mu ijoro ryakeye. Kugeza ubu ntiharamenyekana icyamwishe kuko iperereza ku rupfu rwe rigikomeje ahubwo gishobora kumenyekana nyuma ari uko rirangiye”.

Gitifu Uwamuragira waboneyeho kwihanganisha umuryango wa nyakwigendera, yavuze ko umuryango wa nyakwigendera awijeje ubutabera ndetse ko ubuyobozi buzakomeza kuwuba hafi.

Akomeza ati” Mbere na mbere tuboneyeho kwihanganisha umuryango wa nyakwigendera. Icyo twakwizeza abaturage byu mwihariko umuryango wa nyakwigndera ni uko uzahabwa ubutabera ikindi nk’ubuyobozi tuzawuba hafi”.

Andi makuru BTN yabashije kumenya, avuga ko nyakwigendera Nkundiye Laurent asize abana bane, ndetse ko yabanaga n’umugore wa kabiri kuko uwa mbere yamutanye abana barimo umwe uba mu gihugu cy’u Burundi n’undi usanzwe abana na nyirakuru.

Umurambo we wahise ujyanywa ku Bitaro bya Nyamata mu gihe hategerejwe ko ujyanywa gukorerwa isuzumwa mu Bitaro bya Kacyiru I Kigali.

Previous Post

Uganda: Umunyarwandakazi yishwe atewe icyuma mu mutwe

Next Post

Musanze: Yishe umugore we yijyana kuri Polisi

Next Post
Musanze: Urujijo ku murambo w’umugore babyutse basanga uri mu muhanda

Musanze: Yishe umugore we yijyana kuri Polisi

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved