• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Bugesera: Abaturage bakubise umuntu arapfa bahita bamutwika

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 11, 2025
in Amakuru
0
Bugesera: Abaturage bakubise umuntu arapfa bahita bamutwika
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu Mudugudu wa Nyakabuye, Akagari ka Kabuye, Umurenge wa Nyarugenge mu Karere ka Bugesera, haravugwa urupfu rw’umusore witwa Rutayisire Damascène, bivugwa ko yishwe n’abaturage bamushinja kuba yari yibye igare.

Amakuru aturuka mu baturage avuga ko nyakwigendera yaguye mu maboko y’abaturage mu masaha ya saa kumi z’amanywa, ubwo bamukubitaga bamushinja ubujura.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Ngo bamubajije aho yashyize igare ryibwe, yanga kubibabwira, ahubwo akomeza kubajijisha, ari na byo byatumye abaturage bafata icyemezo cyo kumukubita kugeza ubwo apfuye.

Biravugwa kandi ko nyuma yo kubona atagihumeka, batigeze bizera ko yapfuye koko, niko gufata amashara  baramutwika kugira ngo bamenye neza ko yapfuye.

Umwe mu baturage yagize ati:

“Bamushakishije baramufata bamuzana ngo abereke aho yashyize igare. Bigeze aho, akabajijisha akababwira ngo ‘ni hariya’, ariko bahagera bakaribura. Yabajyanye ahantu henshi,yabayobeye, bafata icyemezo cyo kumutwika, basanga umuntu yapfuye by’ukuri . Nyuma byaje kugaragara ko igare ryatoraguwe mu ishyamba hafi y’iwabo”.

Undi muturage nawe yagize ati:

“Ibi birababaje cyane. Nubwo yavugwaga ko ari umujura, kumwica no kumutwika ni urugomo rukabije. Hari amategeko abishinzwe; ntibyari bikwiye kwihanira.”

Abaturage benshi bavuga ko nyakwigendera yari azwi nk’umujura muri ako gace, ariko banenga bikomeye ibikorwa byo kwihanira, bavuga ko ari ibintu bikwiye gucika kuko igihugu gifite inzego zishinzwe ubutabera.

Ku ruhande rw’ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera, Bwana Mutanazi Richard, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, yemeje aya makuru, anasobanura ko abantu umunani (8) bakekwaho kugira uruhare muri urwo rupfu batawe muri yombi.

Yagize ati:

“Yego, amakuru twayamenye. Abaturage bafashe umuntu bamushinja ubujura baramukubita kugeza apfuye. Ntabwo nigeze njyayo ubwanjye, ariko inzego zibishinzwe zirabikurikirana. Kwihanira ntabwo byemewe, kandi abo bavugwaho kubigiramo uruhare bari gukurikiranwa n’ubutabera. Turasaba abaturage ko igihe umuntu akosheje, bajya bamushyikiriza inzego z’umutekano cyangwa iz’ubutabera, aho kwihanira. ”

Inzego z’umutekano zikomeje gusaba abaturage kureka kwihanira, zikanibutsa ko nta muntu ukwiye kwamburwa uburenganzira bwe ataburanishijwe n’urukiko.

Ingingo ya 107 y’Itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, rivuga ko “umuntu wese wica undi abigambiriye aba akoze icyaha cy’ubwicanyi kandi iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo cya burundu.”

Previous Post

Nyuma yo gufungurwa Bishop Gafaranga yahaye ubutumwa abamukurikirana ndetse n’abandi muri rusange

Next Post

RDC yasabye FDLR gushyira intwaro hasi bitakunda hagakoreshwa izindi mbaraga

Next Post
RDC yasabye FDLR gushyira intwaro hasi bitakunda hagakoreshwa izindi mbaraga

RDC yasabye FDLR gushyira intwaro hasi bitakunda hagakoreshwa izindi mbaraga

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved