• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Biteye agahinda: Gasabo umugabo yakubise umugore we inyundo ntiyanyurwa ahita amukeba ijosi

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 19, 2025
in Amakuru
1
Biteye agahinda: Gasabo umugabo yakubise umugore we inyundo ntiyanyurwa ahita amukeba ijosi
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu Mudugudu wa Kami, Akagari ka Gasharu, Umurenge wa Kinyinya, Akarere ka Gasabo, habereye urupfu ruteye agahinda rw’umugore witwa Uwimana Monique w’imyaka 35, bikekwa ko yishwe n’umugabo we ba banaga.

Amakuru yemezwa n’abaturanyi avuga ko aba bombi bari basanzwe babana mu makimbirane. Umwe mu baturanyi yabwiye itangazamakuru ko byamenyekanye ubwo umwana wabo yasabye se urufunguzo kugira ngo ajye gufungurira abavandimwe be bari hanze, maze ageze mu nzu asanga nyina yapfuye aryamye mu cyumba, ahita ahuruza abandi bantu.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Abaturage basanze nyakwigendera agaramye ku gitanda, apfutse mu maso, bigaragara ko yari amaze gushiramo umwuka.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars, yemeje iby’aya makuru. Yavuze ko abapolisi bageze ahabereye icyaha basanze hari ibikoresho bikoreshejwe mu kwica uwo mugore, birimo inyundo n’ipiki.

CIP Gahonzire yagize ati: “ukekwaho kwica uyu mugore , yitwa Fabie Barizeye w’imyaka 36, yatawe muri yombi ubwo yageragezaga gutoroka, ariko yemera ko ari we wishe umugore we.”

Uwimana yasize abana batatu yabyaranye na Fabie ba banaga ari nawe bicyekwa ko yamwishe. Polisi ikomeje iperereza kugira ngo hamenyekane impamvu nyamukuru zateye iri bara.

Previous Post

Ntibazaguma mu rugo ubusa: REB yateguye imikoro idasanzwe ku banyeshuri

Next Post

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yakuriye inzira ku murima abasaba u Rwanda gukuraho ubwirinzi

Next Post
Minisitiri Olivier Nduhungirehe yakuriye inzira ku murima abasaba u Rwanda gukuraho ubwirinzi

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yakuriye inzira ku murima abasaba u Rwanda gukuraho ubwirinzi

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved