Umuririmbyikazi w’indirimbo zo guhimbaza Imana akaba n’umugore wa Zacharie Habiyaremye uzwi cyane nka Bishop Gafaranga, Annette Murava yagaragaje amafoto agaragaza ko we n’umugabo we bari mu bihe byiza nyuma yuko afunguwe.
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Annette yashyizeho ifoto yabo bombi bari mu bwato bwa gakondo, bambaye neza kandi basa n’abatembera mu kiyaga, ayiherekeresha amagambo y’urukundo agira ati:
“Imana iri muri aya mateka! Urakaza neza rukundo Bishop Gafaranga.”
Iyi foto yasohotse nyuma y’ibyumweru bibiri gusa Bishop Gafaranga afunguwe, nyuma yuko Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwamuhamije icyaha cyo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, rukamukatira igifungo cy’umwaka umwe usubitse, ku itariki ya 10 Ukwakira 2025.
Ubwo yari akiri mu buroko, Annette Murava yakunze kugaragara mu manza ze, agaragaza ko ashyigikiye umugabo we ndetse akamusabira kurekurwa, nubwo urubanza rwari rwaramaze kugera mu maboko y’Ubushinjacyaha.
Mu kiganiro yahaye itangazamakuru muri Kamena uyu mwaka ubwo Gafaranga yari agifunze, Annette yari yavuze ko nta makimbirane afitanye n’umugabo we nk’uko bivugwaga, anizeza ko nibamara gusubirana bazasobanurira abantu ukuri kw’ibyabaye.
Kuri ubu, amagambo n’amafoto ye agaragaza ko koko aba bombi bongera kubana mu mahoro no mu byishimo.





