• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Imikino

APR FC yahinduye ikirango yakoreshaga

OMEGA BOY by OMEGA BOY
June 17, 2025
in Imikino
0
APR FC yahinduye ikirango yakoreshaga
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

APR FC yahinduye ikirango yakoreshaga cyari kimaze imyaka 31, ishyiraho igishya nyuma yo kubona ko icyari gisanzwe cyoroheraga abamamyi bacyifashisha mu nyungu zabo bwite.

Ni ikirango cyagiye hanze kuri uyu wa Mbere, tariki ya 16 Kamena 2025, gusa kikaba kiri mu mabara asanzwe y’iyi Kipe y’Ingabo z’Igihugu, ariko ibara ry’umweru rikiganza cyane kurusha umukara ugereranyije n’icyahozeho.

Related posts

Minembwe: FARDC yahagabye ibitero bihitana abagore n’abana

Minembwe: FARDC yahagabye ibitero bihitana abagore n’abana

January 12, 2026
APR FC yigaranzuye Rayon Sports iyitsinda idakozemo bituma yegukana igikombe

APR FC yigaranzuye Rayon Sports iyitsinda idakozemo bituma yegukana igikombe

January 10, 2026

Ikirango gisanzwe cya APR FC yari intare iryamye ifite umupira w’amaguru hagati mu majanja yayo abiri y’imbere, ikaba yari mu buso bw’umukara, gusa mu gishya ifatishije umupira ijanja rimwe, ikaba mu buso bw’umweru.

Intare kandi iri mu kirango gishya bigaragara ko noneho amajanja yayo y’inyuma agaragara, dore ko mu kirango cyakuweho atagaragaraga neza.

Umuzenguruko w’ikirango gishya uri mu mabara y’umukara ahagana hasi, ndetse n’umweru ahagana hejuru.

Igice cyasaga n’ipfundo hasi cyavuyeho amagambo aranga iyi kipe [UMURAVA INTSINZI] n’umwaka yavukiyeho [1993] bijya mu muzenguruko wacyo ahagana hasi mu buso bw’umukara, mu mabara y’umweru.

Izina ry’ikipe [APR FOOTBALL CLUB] ryashyizwe mu ibara ry’umweru riri mu buso bw’umukara, hejuru yaryo hakaba ubuso bw’umweru burimo imigano ibiri ijya gusa n’umuhondo.

Ubuyobozi bwa APR FC buteganya kumurika ku mugaragaro iki kirango mu munsi wahariwe abafana, yagihinduye ku mpamvu z’uko hari abacyiganaga cyane cyane ku bagurisha amatike ku bibuga.

Ikindi kandi ni uko iki kirango kigomba kuba kimwe ku makipe yose ya APR FC, dore ko ari Ikipe y’Ingabo z’Igihugu ikwiriye kwita ku birango byayo bikagira umwihariko.

Ikirango gishya cya APR FC

Ikirango cya APR FC cyakuwego

Previous Post

Abagabo babiri batambutsaga ibiganiro kuri Dawa Rwanda Tv batawe muri yombi

Next Post

U Rwanda rwashimangiye ko rukiryamiye amajanja ku mugambi wa Tshisekedi na Ndayishimiye

Next Post
U Rwanda rwashimangiye ko rukiryamiye amajanja ku mugambi wa Tshisekedi na Ndayishimiye

U Rwanda rwashimangiye ko rukiryamiye amajanja ku mugambi wa Tshisekedi na Ndayishimiye

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved