Mu gitondo cyo ku wa Kane, tariki ya 28 Kanama 2025, i Nairobi muri Kenya habereye igikorwa cyo gutombora amatsinda y’irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2025, aho APR FC ihagarariye u Rwanda yisanze mu itsinda rikomeye ririmo amakipe atandukanye yo mu karere.
Irushanwa rizabera i Dar es Salaam, muri Tanzania, kuva ku wa 2 kugeza ku wa 15 Nzeri 2025, rikazakinirwa ku bibuga bya Azam Complex (Chamazi), KMC Stadium (Kinondoni) ndetse na Major General Isamuyo Stadium. Uyu mwaka, Betika ni we muterankunga mukuru w’irushanwa.
AMATSINDA Y’IRI RUSHANWA
Itsinda A: Kenya Police FC (Kenya), Ethiopia Insurance (Ethiopia), Singida Black Stars (Tanzania) na Garde Côtes FC (Djibouti).
Itsinda B: APR FC (Rwanda), NEC FC (Uganda), Bumamuru FC (Burundi) na Mlandege FC (Zanzibar).
Itsinda C: Young Africans SC (Tanzania), Simba SC (Tanzania), El Merriekh Bentiu (South Sudan) na ASAS Djibouti Telecom (Djibouti).
Biteganyijwe ko ikipe ya mbere mu itsinda ryose ndetse n’iya kabiri yabaye nziza kurusha izindi arizo zizerekeza muri ½ cy’irangiza.
AMATEKA Y’IRI RUSHANWA
Irushanwa rya CECAFA Kagame Cup riri mu marushanwa akuze kandi akunzwe muri Afurika y’Iburasirazuba no Hagati. APR FC yegukanye iki gikombe inshuro eshatu (2004, 2007, 2010).
Umwaka ushize wa 2024, ikipe ya Red Arrows FC yo muri Zambia ni yo yatwaye igikombe itsinze APR FC ku mukino wa nyuma kuri penaliti (10–9) nyuma yo kunganya igitego 1–1 mu minota 120. Nubwo itatwaye igikombe, APR FC yagize abakinnyi bayoboye amarushanwa; Clement Niyigena yahawe igihembo cy’umukinnyi mwiza w’irushanwa, mu gihe Pavelh Ndzila yabaye umunyezamu mwiza.
ICYO BIVUZE KURI APR FC
APR FC ifite intego yo kwitwara neza muri iri rushanwa kugira ngo isubize u Rwanda ku rwego rwiza ku mugabane. Kuri ubu, iyi kipe inaheruka kwegukana shampiyona y’u Rwanda ya 2024–25, ikaba yiteguye kugaragaza ubudahangarwa mu karere.
Umutoza mukuru w’iyi kipe aherutse gutangaza ko intego ari “ugutsinda buri mukino” kugira ngo APR FC yongere gusubiza igikombe mu Rwanda nyuma y’imyaka 15, dore ko iheruka kugitwara mu 2010 itsinze St. George yo muri Ethiopia ibitego 2–0.
Irushanwa ry’uyu mwaka rizakurikirwa cyane n’abakunzi b’umupira w’amaguru mu karere, cyane ko rizaba riri guhuza amakipe afite izina rikomeye nka Simba SC, Young Africans, na APR FC.




