• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Amerika: Umusore wiyitaga Imana yarashwe na Polisi ashaka kwica abantu

OMEGA BOY by OMEGA BOY
April 20, 2025
in Amakuru
0
Amerika: Umusore wiyitaga Imana yarashwe na Polisi ashaka kwica abantu
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Wayne Volz w’imyaka 34 wo muri Leta ya Florida muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yarashwe n’inzego z’umutekano ahasiga ubuzima, nyuma yo gushyamirana n’ababyeyi be no kuvuga amagambo, agaragaza ko ari ‘Yesu n’Imana’.

Ku wa 18 Mata 2025, Wayne Volz nibwo yarashwe na Polisi, ubwo yajyaga gutabara aho uyu mugabo yari yateje umutekano muke.

Related posts

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026
Abasirikare b’u Rwanda boherejwe muri Jamaica batangiye imirimo yo gusana ibyangiritse -Amafoto

Abasirikare ba RDF bari bari muri Jamaica batashye

March 16, 2026

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Umuyobozi wa polisi mu gace ka Polk muri Florida, Grady Judd, yatangaje ko uyu musore yari yabanje kugirana amakimbirane akomeye n’ababyeyi be.

Yavuze ko Volz yakubise nyina akoresheje imbunda ndetse ko ubwo se yageragezaga gutabara, Volz nawe yahise amukubita hasi, amubaza ati “Urashaka gupfa uyu munsi? Niba ushaka kubaho, nsaba imbabazi”.

Volz yahise afungirana ababyeyi be mu nzu abambura telefoni zabo, ari naho yatangiye kubabwira amagambo adasanzwe, ababwira ko ari ‘Yesu n’Imana’, ndetse akavuga ko nyina ari ‘Satani’.

Akimara kuvuga gutyo, se yamusubije agira ati “Turi abantu bafite ukwizera, wowe ntabwo uri Imana”.

Bitewe n’uko se yakomeje kumwinginga amusaba ko yamureka akajya ku kazi aho akorera mu mujyi wa Bartow, Volz yarabimwemereye gusa amubwira ko bari bujyane kandi ko nahagera ari bwice abantu benshi.

Ubwo se yageraga mu kazi yahise abwira abo bakorana ibyo umuhungu we yabakoreye. Aba nibwo bahamagaye polisi ndetse nayo ihita ihagera.

Polisi ikihagera yasanze Volz ari kugendagenda imbere y’inyubako. Ubwo bamusabaga guhagarara yahise yiruka, ndetse atangira kurasa imodoka y’abapolisi.

Uyu muyobozi wa polisi yavuze ko Volz yarashe imodoka yabo hagati y’amasasu arindwi n’umunani ndetse akomeretsa abapolisi babiri.

Polisi yahise imurasa, gusa ajyanywa kwa muganga aza gupfa nyuma y’iminota mike ahageze.

Polisi yatangaje ko uyu mugabo yari asanzwe azwiho gukoresha ibiyobyabwenge kandi ko bikekwa ko aribyo byamuteye gukora ibyo yakoze.

Ni mu gihe abapolisi babiri yarashe bakiri gukurikiranwa n’abaganga.

Previous Post

Ruhango: Perezida w’Urugaga rw’Abikorera yitabye Imana

Next Post

Uko Perezida w’u Burundi yabaye mayibobo muri Tanzania kugeza ubwo yajyaga kwiba mudasobwa muri Ambasade ntafatwe

Next Post
Uko Perezida w’u Burundi  yabaye mayibobo muri Tanzania kugeza ubwo yajyaga kwiba mudasobwa muri Ambasade ntafatwe

Uko Perezida w'u Burundi yabaye mayibobo muri Tanzania kugeza ubwo yajyaga kwiba mudasobwa muri Ambasade ntafatwe

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved