• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Amerika: Polisi yataye muri yombi umugore warumaze kuvura abantu barenga ibihumbi bine atarabyize

OMEGA BOY by OMEGA BOY
August 9, 2025
in Amakuru
0
Amerika: Polisi yataye muri yombi umugore warumaze kuvura abantu barenga ibihumbi bine atarabyize
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Muri Leta ya Florida muri Amerika, umugore yigize umuforomo, atabwa muri yombi amaze kuvura abarwayi basaga 4,000 kandi nta cyangombwa kimwemerera kuvura (licence médicale) agira.

Uwo mugore ukurikiranyweho uburiganya bwashoboraga no guteza urupfu, yitwa Autumn Bardisa w’imyaka 29, yafashwe n’inzego z’umutekano zimusanze iwe mu rugo, kubera ko yigize umuforomo ubifitiye impamyabumenyi. Muri rusange yatanze serivisi z’ubuvuzi ku barwayi bagera ku 4.486 hagati y’ukwezi kwa Kamena 2024 na Mutarama 2025, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwa Polisi aho muri Florida.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Ibyaha akurikiranyweho, byatangiye muri Nyakanga 2023, ubwo yahabwaga akazi mu bitaro bya ‘AdventHealth Palm Coast Parkway’ biherereye ahitwaa i Palm Coast nk’umuforomo wabyigiye, agatangira gukora avuga ko yarangije amahugurwa yose asabwa ku muforomo, ariko abeshya ko icyangombwa cye ari cyo asigaje kubona gusa, nk’uko bikubiye mu itangazo ryasohowe na polisi.

Muri uko guhabwa akazi, yaje kwemeza ko yakoze n’ikizamini gisabwa, ndetse atanga numero y’icyangombwa cy’umuntu bahuje izina (prénom), ariko badahuza izina ry’umuryango, asobanura ko impamvu ari uko aherutse guhinduza amazina. Nyuma yaho yasabwe kuzana icyangombwa cy’uko yashyingiwe (acte de marriage), ntiyigera agitanga.

Nubwo atigeze atanga iyo nyandiko yemeza ko yashyingiwe nk’uko yari yayisabwe, uwo mugore yazamuwe mu ntera muri Mutarama 2025, bituma abo bakorana batangira kumugiraho ibibazo by’amatsiko bitandukanye.

Mu kugenzura, umwe muri abo bakoranaga na we yaje kuvumbura ko uwo mugore nta cyangombwa afite kimwemerera gukora akazi arimo ko kuvura abantu, kubera ko yari afite ikimwemerera kuba umufasha w’umuforomo (assistante infirmière) gusa, kandi nacyo cyararengeje igihe.

Nyuma y’iperereza ry’imbere muri ibyo bitaro bya AdventHealth yakoreraga, byaje kugaragara ko hari ibyangombwa uwo mugore yasabwe ariko akaba atarabitanze.

Nyuma y’uko Autumn Bardisa, bimunaniye kwisobanura ku bibazo biri mu myirondoro ye, yahise yirukanwa mu kazi, ariko ikibazo cye kimenyeshwa inzego z’ubuyobozi, zihita zitangira kumukoraho iperereza ku byaha yakekwagaho.

Nyuma y’mezi arindwi (7) y’iperereza, abagenzacyaha bo mu ishami ry’ubuzima aho muri Leta ya Florida, bajyanye uwo mugore mu ibazwa ku byaha akekwaho, babaza na bagenzi be bakoranaga, biza kugaragara ko yibye umwirondoro w’undi muntu.

Iperereza ryaje kugaragaza ko uwo mugore ahuje izina rimwe n’undi muforomo ukorera mu bindi bitaro bya AdventHealth, bakaba barize ku ishuri rimwe nubwo bataziranye.

Ku wa kabiri tariki 5 Kanama 2025, nibwo hasohotse inyandiko zo kumuta muri yombi, akurikiranyweho ibyaha bitandukanye harimo gukora umwuga w’ubuvuzi mu buryo butemewe n’amategeko, uburiganya no gukoresha imyirondoro itari iye. Yahise atabwa muri yombi bamusanze iwe, ubu akaba afungiye by’agateganyo ahitwa muri centre Perry Hall.

Previous Post

Inkuru ibabaje! Bisi yaritwaye abantu bavuye gushyingura yakoze impanuka abantu 26 bahasiga ubuzima abandi 19 barakomereka

Next Post

Musanze: Umubyeyi waruri konsa umwana yakubiswe n’inkuba ahita apfa

Next Post
Musanze: Umubyeyi waruri konsa umwana yakubiswe n’inkuba ahita apfa

Musanze: Umubyeyi waruri konsa umwana yakubiswe n'inkuba ahita apfa

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved