Nyuma y’intsinzi y’Amavubi yatsinze Zimbabwe igitego 1-0 mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi wabereye muri Orlando Stadium muri Afurika y’Epfo, Perezida mushya w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, yatanze agahimbazamusyi gakomeye ku bakinnyi n’umutoza.
Uyu mukino wabaye ku wa Kabiri, tariki 09 Nzeri 2025, wahesheje igikombe Amavubi nyuma yo gutsinda igitego cyiza cya Mugisha Gilbert uzwi nka Barafinda. Nyuma y’umukino, Shema Fabrice yinjiye mu rwambariro rw’ikipe y’igihugu abifuriza intsinzi, aho yemeje ko buri mukinnyi azahabwa agahimbazamusyi, kakabageraho mu buryo bwihuse.
Amakuru agezweho atangazwa na RADIOTV10 avuga ko ku wa Gatatu, saa 10h00, buri mukinnyi ndetse n’umutoza w’Amavubi bamaze guhabwa amadolari 700 , ubwo ni agera ku bihimbi 98000 Rwf igiteranyo cyayo yatanzwe yose angana n’ibihumbi 28 USD, bishobora guhera hejuru ya Miliyoni 40 Frw. Aya mafaranga yose yatanzwe n’umuyobozi wa FERWAFA ku giti cye, atandukanye n’ubusanzwe agahimbazamusyi gatangwa na Minisiteri ya Siporo hamwe na FERWAFA.
Biteganyijwe ko Amavubi bagaruka i Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, bava muri Afurika y’Epfo nyuma yo guhagararira neza igihugu no kwegukana intsinzi ya kabiri ikomeye nyuma yo gutsinda Nigeria igitego 1-0.





