Leta y’u Rwanda yamaze kugeza ikirego ku mu nkiko mpuzamahanga, isaba ko Ubwongereza bwubahiriza inshingano z’amafaranga zishingiye ku masezerano yo kwakira abasaba ubuhungiro, yari yarasinywe n’ibihugu byombi mbere y’uko ahagarikwa n’ishyaka Labour riri ku butegetsi i Londres.
Amakuru atangazwa n’ikinyamakuru Daily Mail agaragaza ko u Bwongereza bushobora gusabwa kwishyura u Rwanda arenga miliyoni 50 z’ama-pounds, angana hafi na miliyari 100 z’amafaranga y’u Rwanda.
Iki kibazo kiri gukurikiranwa n’Urukiko Mpuzamahanga Nkemurampaka (Permanent Court of Arbitration) rufite icyicaro i La Haye mu Buholandi.
Chris Philp, umunyamabanga utavuga rumwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu Bwongereza, yatangaje ko ikirego cy’u Rwanda gishingiye ku byemezo Labour yafashe igihagarika gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda. Yavuze ko guhagarika ayo masezerano byakozwe mu buryo butunguranye, mu gihe indege za mbere zari hafi gutangira urugendo.
Yakomeje ashimangira ko ingaruka z’icyo cyemezo ziri kugirwaho n’abasora b’Abongereza, kuko Leta igiye kongera kwishyura amafaranga menshi ajyanye no gucumbikira abimukira mu mahoteli no mu nkambi za gisirikare.
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Sir Keir Starmer, ni we wafashe icyemezo cyo gusesa ayo masezerano u Bwongereza bwari bwaragiranye n’u Rwanda, abigira kimwe mu byemezo bya mbere nyuma yo gufata ubutegetsi.
Amasezerano yahagaritswe mu gihe hari hasigaye igihe gito ngo u Rwanda rutangire kwakira abimukira bavuye mu Bwongereza, bagombaga gutuzwa i Kigali ndetse bagahabwa amahirwe yo gusaba ubuhungiro.
Nyuma yo guhagarika iyo gahunda, imibare y’abinjira mu Bwongereza binyuze mu nzira zitemewe, by’umwihariko bakoresheje ubwato buto, yakomeje kwiyongera ku buryo bugaragara.
Imibare iheruka ya Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu mu Bwongereza igaragaza ko abimukira basaga 36,000 bacumbikiwe mu mahoteli, hakiyongeraho abarenga 7,000 kuva Labour yatangira kuyobora igihugu.
Raporo zemeza ko u Bwongereza bwari bwaramaze kwishyura u Rwanda arenga miliyoni 715 z’ama-pounds mbere y’uko ayo masezerano ahagarikwa. Gusa mu 2025, u Rwanda rwasabye andi mafaranga angana na miliyoni 50 z’ama-pounds, yari ateganyijwe kwishyurwa muri Mata uwo mwaka, ariko ntiyatangwa.
Kubera ayo mafaranga atishyuwe, bivugwa ko mu Ugushyingo 2025 ari bwo u Rwanda rwareze u Bwongereza muri ruriya rukiko mpuzamahanga.
Impapuro z’ikirego zigaragaza ko Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr Emmanuel Ugirashebuja, ari we uhagarariye u Rwanda muri uru rubanza. Ku ruhande rw’u Bwongereza, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yahagarariwe n’abunganizi mu mategeko bagenwe n’iyo Minisiteri.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Bwongereza yatangaje ko iki gihugu cyiteguye kwitandukanya n’ibirego by’u Rwanda, avuga ko kigamije kurengera inyungu n’imisoro y’abaturage bacyo




