Kuri uyu wa Mbere tariki ya 16 Werurwe 2026, Inteko Ishingamategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iratangira gusuzuma amasezerano y’amahoro yasinywe i Washington hagati ya guverinoma ya Kinshasa n’iy’u Rwanda mu mwaka ushize.
Nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Perezida wa RDC, Perezida Félix Tshisekedi yagiranye ibiganiro n’abayobozi bakuru b’Inteko Ishingamategeko, barimo Perezida w’Umutwe w’Abadepite Aimé Boji Sangara hamwe na Perezida wa Sena Jean-Michel Sama Lukonde, baganira ku buryo ayo masezerano azigwaho.
Aya masezerano yasinywe muri Nyakanga 2025, nyuma aza kwemezwa ku mugaragaro mu Ukuboza k’uwo mwaka n’abakuru b’ibihugu byombi, ari bo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Perezida Félix Tshisekedi wa RDC. Icyo gihe bari kumwe na Donald Trump mu muhango wabereye mu nyubako yahawe izina rya “Donald J. Trump Institute of Peace”, iri hafi y’ibiro bye.
Abaturage bo mu burasirazuba bwa Congo bamaze igihe bahura n’ingaruka z’intambara bari bafite icyizere ko ayo masezerano ashobora gufasha guhagarika imirwano, cyane ko na Donald Trump yari yaratangaje ko azagira uruhare mu gushaka igisubizo kirambye. Icyakora, kugeza ubu ku rugamba ntiharagaragara impinduka zifatika.
Leta ya Kinshasa ikomeje gushinja ihuriro rya AFC/M23 kurenga ku masezerano y’agahenge, ikavuga ko rihabwa ubufasha n’ingabo z’u Rwanda. Ku rundi ruhande, M23 yo ishinja leta ya Congo gukomeza kugaba ibitero, harimo n’ibikoresha utudege tutagira abapilote twa drones.
Kugeza ubu ntiharamenyekana umwanzuro Inteko Ishingamategeko ya RDC izafata kuri ayo masezerano, cyane ko hari n’ibijyanye n’ubufatanye mu bukungu n’ubucuruzi hagati ya Kinshasa na Washington biri muri ayo masezerano.




