• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Alliah Cool yikomye umunyamakuru wa Isibo FM wamwibasiye ku mbuga nkoranyambaga

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 16, 2025
in IMYIDAGADURO
0
Alliah Cool yikomye umunyamakuru wa Isibo FM wamwibasiye ku mbuga nkoranyambaga
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Alliah Cool, umwe mu bakinnyi bamenyekanye cyane muri sinema nyarwanda, yagaragaye asubiza ubutumwa bw’umunyamakuru DC Clement wamwibasiye ku mbuga nkoranyambaga, amushinja kwiratana imodoka ihenze yaguze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

DC Clement yari yanditse ku rukuta rwe rwa Instagram agaragaza ko Alliah Cool yaguze imodoka yo mu bwoko bwa Mercedes-Benz G-Class, ayandikishije muri RDC, avuga ko ari ugushaka kwemeza abantu. Yagize ati:

Related posts

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

February 6, 2026
Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

February 3, 2026

“Aho kurata imodoka y’Inkongoman nitwa umukire i Nyarugenge, nagumana ‘caterpillar’ yanjye yambaye inyarwanda. Ndakubwiza ukuri ko igitutu cyo kwemeza abantu kizahitana benshi.”

Ibi byahise bikurura igisubizo gikomeye cya Alliah Cool, aho yavuze ko amagambo nk’ayo ari ukutubaha inkomoko y’umuntu. Mu butumwa bwe burebure, yatangiye ashimira u Rwanda rwamwakiriye neza, ariko anasobanura ko inkomoko ye ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati:

“Duhora dushima u Rwanda rwaduhaye amahirwe yo kuhakurira no kuhakorera mu mutekano usesuye. Ariko kandi, kuba bamwe muri twe ubu turi muri Congo byasabye imbaraga n’ubwitange bwa benshi, barimo n’abasore n’inkumi za M23, nzahora nshimira.”

Alliah Cool yakomeje avuga ko kuba umuntu afite inkomoko runaka bitamugabanyiriza agaciro, cyangwa ngo bimugire uwo gutera urwenya.

“Wakina n’ibindi byinshi ariko ntukagire uwo ukina n’inkomoko ye. Kuko igihugu cy’umuntu ntikigena agaciro k’ibyo atunze.”

Yasoje avuga ko kuba imodoka ye yanditse muri Congo bitavuze ko ifite agaciro gake:

“N’ubwo nayandikishije muri RDC, ntibivuze ko imodoka itagifite agaciro kayo. Igihugu ikorerwamo ntigikuraho agaciro k’icyo umuntu atunze.”

Iri teranamagambo ryaje nyuma y’uko Alliah Cool yerekanye imodoka nshya ya miliyoni zirenga 200 Frw yo mu bwoko bwa G-Wagen, isiga benshi bayivugaho ku mbuga nkoranyambaga.

Previous Post

Kamonyi habereye impanuka iteye ubwoba

Next Post

Ikipe yo muri Congo yatsinzwe na Kiyovu Sport yo mu Rwanda

Next Post
Ikipe yo muri Congo yatsinzwe na Kiyovu Sport yo mu Rwanda

Ikipe yo muri Congo yatsinzwe na Kiyovu Sport yo mu Rwanda

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved