Afghanistan yatangaje ko yagabye ibitero byo kwihorera mu bice bitandukanye bikora ku mupaka na Pakistan, aho bivugwa ko yahasize abasirikare 58 ba Pakistan bahasize ubuzima mu misozi yo mu Majyaruguru.
Ubuyobozi bwa Leta ya Taliban buvuga ko ibi bitero byakozwe nk’igisubizo ku kuraswa kwa roketi zabaturutse muri Pakistan zageze mu Mujyi wa Kabul ku wa Kane w’icyumweru gishize.
Pakistan yo yemeza ko abapfuye ari 23 gusa, ariko ivuga ko nayo yishe abasirikare ba Afghanistan 200. Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu wa Pakistan, Mohsin Naqvi, yatangaje ko ibyo bitero byageze no ku baturage basivili, anavuga ko igihugu cye kigiye kwihorera “mu buryo bukomeye”.
Pakistan ishinja Afghanistan guha ubuhungiro no gufasha umutwe w’intagondwa wa TTP, urwanya ubutegetsi bwa Islamabad, ariko Kabul ikabihakana yivuye inyuma.
Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri iki Cyumweru, Umuvugizi wa Leta ya Afghanistan, Zabihullah Mujahid, yavuze ko mu basirikare ba Pakistan 58 bapfuye, abandi basaga 30 bakomeretse. Yongeraho ko ku ruhande rwa Afghanistan, abasirikare bayo 16 kugeza kuri 18 bakomeretse, ariko ntiyatangaza umubare nyawo w’abapfuye.
Abinyujije ku rubuga rwa X, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu wa Pakistan, Zeeshan Rafique, yamaganye ayo makimbirane avuga ko “kurasa abasivili ari igikorwa cy’ubugome kinyuranyije n’amategeko mpuzamahanga,” asaba Afghanistan guhagarika “imikino y’amaraso.”
Ubu imipaka ihuza ibi bihugu byombi mu Majyaruguru no mu Majyepfo yarafunzwe.
Ku wa 9 Ukwakira, Afghanistan yari yamaze gushinja Pakistan kuyirasa, nyuma y’uko humvikanye amasasu akomeye abiri i Kabul. Icyo gihe yavuze ko ari “igikorwa cy’urugomo giteye ubwoba.”
Mu itangazo ryasohowe na Minisiteri y’Ingabo ya Afghanistan ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, yavugaga ko Pakistan yagabye ibitero by’indege ku isoko ryo mu Ntara ya Patika, mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Afghanistan.




