• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

AFC/M23 yongeye gukozanyaho FRDC ifata utundi duce

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
December 9, 2025
in Amakuru
0
AFC/M23 yongeye gukozanyaho FRDC ifata utundi duce
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Inyeshyamba za AFC/M23 zikomeje gukaza umurego w’ibitero bigana ku mujyi wa Uvira, naho imirwano ikomeje kumvikana mu karere ka Kiliba, kuri kilometero 17 uvuye ku mujyi.

Abaturage bo muri Uvira batangiye gufata amashusho agaragaza uko ubuzima buri kugenda buhinduka kubera umutekano mucye, benshi bagaragaza ubwoba bwinshi. Umwe mu baturage wafashe videwo agaragaza imodoka z’ingabo zinyuranamo yavuze ko “ubwoba buri kwiyongera uko bukeye n’uko bwije”, yongeraho ko batangiye kwibaza niba ingabo ziri kugenda zaba ziri gukora “repli stratégique”, bivuze gukurwa mu gace karimo imirwano.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Ku wa Mbere tariki ya 08 Ukuboza 2025, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burundi, Bizimana Edouard, yabwiye abadipolomate n’abanyamakuru ko AFC/M23 ifite umugambi wo gufata Uvira mbere ya tariki ya 25 Ukuboza 2025. Yavuze ko ingabo z’u Burundi zifatanyije n’iza Repubulika ya Demokarasi ya Congo ndetse na Wazalendo zakomeje guhangana n’uyu mutwe, ariko “umwanzi afite imbaraga nyinshi” bitewe n’uko “waboneye inkunga y’abasirikare b’u Rwanda”.

U Rwanda rwo rwakomeje guhakana uruhare mu gufasha AFC/M23, ndetse n’umuvugizi w’uyu mutwe Corneille Nangaa aherutse kubwira SBS News ko nta bufasha bahabwa n’u Rwanda.

Mu bice bya Kiliba, abaturage baho bakomeje kugaragaza amarangamutima anyuranye, aho bamwe bafashwe amashusho bahunga baririmba ijwi rimwe “LIBÉRÉ” (tubohorwe).

Previous Post

Chairman wa APR FC yeguye ku nshingano

Next Post

Umwe mu nkingi za mwamba muri AFC/M23 yiciwe i Goma

Next Post
Umwe mu nkingi za mwamba muri AFC/M23 yiciwe i Goma

Umwe mu nkingi za mwamba muri AFC/M23 yiciwe i Goma

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved