• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda agaragaza amabi yakozwe n’uruhande bahanganye

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
December 9, 2025
in Amakuru
0
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda agaragaza amabi yakozwe n’uruhande bahanganye
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko imirwano ikomeje gukaza umurego mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ndetse ko hari abasivile baguye mu ntambara yariniri kuba hagati ya FARDC n’inyeshyamba za Wazalendo.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Mbere, tariki ya 8 Ukuboza 2025, Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko hari ibikorwa asobanura nk’ibyo guhiga no kwica abaturage bo mu Burasirazuba bwa Congo—ibikorwa ashinja ubutegetsi bw’iki gihugu bufatanyije n’u Burundi.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Kanyuka yavuze ko ku Cyumweru, tariki ya 7 Ukuboza 2025, habaye imirwano ikomeye mu mujyi wa Sange, aho FARDC na Wazalendo barasananye bakoresheje intwaro zikomeye n’aboroheje, bigatuma hari abasivile n’abarwanyi ba Wazalendo bahasiga ubuzima mu gihe bageragezaga guhunga. Yongeraho ko abantu b’ingeri zitandukanye bakomeretse, bikongera ubwoba n’icuraburindi mu baturage basanzwe badafite aho bahungira.

AFC/M23 ivuga ko yamaganye ibyo yita ibitero bigambiriye kwibasira abaturage, bikwiye kwitirirwa ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu.

Ibi bibaye mu gihe imirwano hagati y’impande zihanganye ikomeje gukara mu bice bitandukanye bya Kivu y’Epfo, birimo Kamanyola, bituma abaturage benshi bahunga barimo n’abambukira mu Rwanda. Muri ibyo bikorwa, AFC/M23 ivuga ko hari n’ibisasu bikomeje kuraswa bivuye ku butaka bw’u Burundi, igihugu gifatanyije na RDC mu rugamba rwatangiye igihe kinini mu Burasirazuba bwa Congo.

Previous Post

Umuhanzi wo muri Uganda Ykee Benda yakoze impanuka agiye kw’amamaza umukuru w’igihugu

Next Post

Chairman wa APR FC yeguye ku nshingano

Next Post
Chairman wa APR FC yeguye ku nshingano

Chairman wa APR FC yeguye ku nshingano

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved