Ihuriro AFC/M23 n’inyeshyamba za Wazalendo zishyigikiwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), haraye habaye imirwano ikaze hagati yabo mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 5 Ukwakira 2025, mu gace ka Luke ko muri Teritwari ya Masisi, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Ikinyamakuru ACTUALITE.CD dukesha aya makuru kivuga ko Abatuye muri ako gace bavuze ko amasasu yumvikanye kuva mu masaha ya saa kumi n’imwe za mu gitondo, aho humvikanye imbunda nini n’izoroheje zirasana hagati y’impande zombi.
AFC/M23 bivugwa ko yatangije igitero kigamije gusenya ibirindiro bya Wazalendo byari bimaze igihe muri ako gace, mu rwego rwo kongera ubutaka igenzura no gufasha abaturage baho bari barakomeje kugirirwa nabi n’izo nyeshyamba.
Iyi mirwano yatumye abaturage benshi bahungira mu mashyamba no mu misozi, abandi bihisha mu bihuru kubera ubwoba bw’amasasu akomeje kumvikana.
Akarere ka Luke kari kamaze igihe kagenzurwa n’umutwe wa Wazalendo, uzwiho ibikorwa bikandamiza abaturage, byiganjemo ihohoterwa n’ubusahuzi.
Ibi bibaye mu gihe AFC/M23 iherutse kwakira abarwanyi bashya bagera ku 9 000 binjijwe mu gisirikare cyayo, mu muhango wayobowe n’Umugaba Mukuru Maj. Gen. Sultani Makenga.
Mu ijambo rye, Gen. Makenga yasabye aba barwanyi bashya gukomeza guharanira intego y’iri huriro, avuga ko ari ugukuraho ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi no gusubiza abaturage uburenganzira bwabo.




