Amakuru aturuka mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru aravuga ko kuri uyu wa Mbere tariki ya 5 Mutarama 2026 habaye imirwano ikaze hagati y’inyeshyamba za AFC/M23 n’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu gace ka Kibati gaherereye muri Gurupoma ya Luberike, Teritwari ya Walikale.
Amakuru y’ibanze avuga ko FARDC yagabye igitero mu masaha ya kare ya mu gitondo, igamije gusunika inyeshyamba za AFC/M23 zari zifite ibirindiro muri ako gace. Ibyo byahise bituma impande zombi zihangana hakoreshejwe intwaro zoroheje n’iziremereye.
Abaturage bo mu gace ka Kashebere bavuga ko bumvise urusaku rukomeye rw’amasasu n’ibisasu, ibintu byateye ubwoba bwinshi abaturage bamwe bahitamo kuguma mu ngo zabo, mu gihe abandi bashakaga uko bahungira ahari umutekano.
Bivugwa kandi ko kubera iyo mirwano, ibikorwa by’ubwikorezi byahagaze burundu ku muhanda uhuza Kashebere na Mungazi, bigira ingaruka ku buzima busanzwe bw’abaturage n’ubucuruzi muri ako gace.
Kugeza ubu, nta rwego na rumwe rwa gisirikare ku mpande zombi ruratanga itangazo ryemeza igihombo cyangwa ingaruka z’iyi mirwano, mu gihe abaturage bakomeje gusaba ko umutekano wabo wahabwa umwihariko.




