• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Abaturage ba Mozambique bagaragarije icyizere gikomeye ingabo z’u Rwanda

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 15, 2025
in Amakuru
0
Abaturage ba Mozambique bagaragarije icyizere gikomeye ingabo z’u Rwanda
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Abaturage bo mu Ntara ya Cabo Delgado, mu Majyaruguru ya Mozambique, barasaba Guverinoma yabo kongera imbaraga z’ubufatanye n’u Rwanda kugira ngo ingabo n’abapolisi b’u Rwanda bakomeze kubarinda.

Mu ijoro ryo ku wa 7 Nzeri 2025, umutwe w’iterabwoba wa Ahlu Sunnah Wal Jamaah (ASWJ) wagabye igitero ku baturage bo mu Karere ka Mocimboa da Pria, gisiga abantu batandatu bishwe barimo abapolisi babiri n’umwarimu. Abo barwanyi bari banatwaye imodoka ya Polisi yo mu bwoko bwa Mahindra bakoresha mu kugaba igitero.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Icyo ni cyo gitero cya mbere cyibasiye abaturage ba Mocimboa da Pria kuva basubira mu ngo zabo mu mpeshyi ya 2024, nyuma y’uko ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’izindi za Mozambique zari zimaze gucyura intsinzi yo gusenya ibirindiro by’abo barwanyi.

Abaturage bavuga ko aho abasirikare n’abapolisi b’u Rwanda baba barinze biba bigoye ko ibyihebe byahagera, kandi ngo iyo habaye ikibazo bagikemura vuba. Ni na yo mpamvu basaba ko ingabo z’u Rwanda zakomeza kuhaba, ndetse uburinzi bukongerwa.

Kuri ubu, itsinda rishya ry’abasirikare n’abapolisi b’u Rwanda riyobowe na Gen Maj Vincent Gatama ryiteguye gusimbura bagenzi babo bari bamaze umwaka muri Mozambique, mu butumwa u Rwanda rumazemo imyaka irenga ine. Ku wa 13 Nzeri 2025, aba basirikare bahawe impanuro mbere yo kwerekeza mu kazi.

Perezida wa Mozambique, Daniel Chapo, aherutse kugirira uruzinduko i Kigali, ruzanye n’isinywa ry’amasezerano mashya yo gushimangira ubufatanye mu kurwanya iterabwoba rikomeje guca ibintu muri Cabo Delgado.

Raporo ya OCHA igaragaza ko guhera muri Nyakanga kugeza mu ntangiriro za Kanama 2025, ibitero by’abo barwanyi byahitanye abaturage 29, abandi 69 barashimutwa, mu gihe abasaga 51,000 bahungishijwe. Abandi baturage barenga ibihumbi 200 bo mu duce twa Ancuabe na Namapula na bo bamaze kugirwaho ingaruka n’ibyo bikorwa by’urugomo.

Uretse ASWJ, hari amakuru avuga ko hari indi mitwe mishya y’iterabwoba igenda ivuka muri Mozambique, bituma abaturage barushaho kubona ko ubufatanye n’u Rwanda ari ingenzi.

Mozambique ifite amateka maremare yo guhangana n’ibikorwa by’iterabwoba n’inyeshyamba, guhera mu myaka ya 1970 ubwo cyari gihanganye na RENAMO yashyigikiwe n’abakoraga ivanguraruhu bo muri Afurika y’Epfo n’igihugu cya Rhodesia (ubu ni muri Zimbabwe).

Previous Post

Ese koko hari amasezerano NATO yarenzeho bigateza ibi byose ? Uko intambara ya Ukraine n’u Burusiya yatangiye n’ibyo ishingiyeho

Next Post

The Ben yagabiwe inka na Coach Gael mu birori byo kwerekana umwana wabo byitabiriwe n’abandi bahanzi – Amafoto

Next Post
The Ben yagabiwe inka na Coach Gael mu birori byo kwerekana umwana wabo byitabiriwe n’abandi bahanzi – Amafoto

The Ben yagabiwe inka na Coach Gael mu birori byo kwerekana umwana wabo byitabiriwe n'abandi bahanzi - Amafoto

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved