Itsinda ry’abasirikare b’u Rwanda babarirwa mu ijana ryageze i Kigali kuri uyu wa Mbere, nyuma yo kumara amezi abiri mu gihugu cya Jamaica aho bari mu butumwa bwihariye bwo gufasha abaturage bari bagizweho ingaruka n’ibiza.
Aba basirikare bageze ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali bakirwa n’Umugaba w’Ingabo z’Inkeragutabara, Maj. Gen Alex Kagame, wabashimiye uburyo bitwaye mu gihe bari mu kazi bahawe.
Mu ijambo yabagejejeho, yabagaragarije ko bishimiwe cyane kubera indangagaciro zaranze ibikorwa byabo zirimo ubwitange, imyitwarire myiza, gukorera hamwe ndetse n’ubushishozi, ashimangira ko ari byo bisanzwe biranga Ingabo z’u Rwanda.
Yabibukije kandi ko aho bazajya boherezwa hose bagomba gukomeza guhagararira neza igihugu no kurangwa n’imyitwarire myiza nk’iyabaranze muri Jamaica.
Aba basirikare bagize itsinda ry’abahanga mu bwubatsi mu Ngabo z’u Rwanda (RDF Engineering Unit) boherejwe muri Jamaica muri Mutarama 2026. Mu gihe bari bamazeyo amezi abiri, bafatanyije n’ingabo za Jamaica mu gusana no kubaka bundi bushya inzu zangijwe n’ibiza byibasiye Umujyi wa Montego Bay mu Ntara ya St. James.
Mu mirimo bakoze harimo gusana no kubaka inzu z’abaturage zangijwe n’inkubi y’umuyaga yiswe Melissa, mu rwego rwo gufasha imiryango yari yarahuye n’ingaruka z’iki kiza kongera kubaho neza.
Uretse ibikorwa by’ubwubatsi, abasirikare b’u Rwanda banagize uruhare mu yindi mirimo y’iterambere nko gufasha abaturage mu muganda n’ibindi bikorwa by’ubufatanye byari bigamije guteza imbere imibereho y’abaturage.




