Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), kuri uyu wa Gatanu tariki ya 26 Ukuboza, zagabye igitero zikoresheje indege nto zitagira umupilote (drone), zirasa amato abiri bivugwa ko yari atwaye inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23.
Iki gitero cyabereye ku cyambu cya Kulundu, kiri ku kiyaga cya Tanganyika, mu gace ka Makobola, muri Teritwari ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko abo barwanyi bose bari muri ayo mato bahasize ubuzima.
Iyi ntambwe ya FARDC ikurikiye umwanzuro wafashwe nyuma y’uko, ku mugoroba wo ku wa Kane, Ingabo za AFC/M23 zari zimaze kuva mu gace ka Makobola.
Ibyo byahise bituma Ingabo za Leta zifatanyije n’abarwanyi ba Wazalendo zinjira muri aka gace, nyuma y’imirwano ikomeye yabereye ku misozi ikikije Makobola, irimo Kasekezi, Bangwe, Ngalula ndetse na Makobola.
Nanone, amakuru akomeza avuga ko kuri uyu wa Gatanu habaye indi mirwano ikaze hagati y’inyeshyamba za AFC/M23 n’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya RDC, cyane cyane mu gace ka Katongo no mu nkengero z’uduce twa Kigongo na Kabimba, duherereye mu ntera ya kilometero zigera ku munani uvuye ku cyambu cya Uvira.
Iyi mirwano ikomeje kugaragaza ko umutekano mu bice byo mu Majyepfo ya Kivu ukiri muke, aho impande zombi zikomeje gushyamirana ku butaka n’ahari ibyambu bifite akamaro ka gisirikare n’ubucuruzi.




