• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Abantu 15 bitwaje imbwa n’intwaro gakondo binjiye mu ishyamba rya Nyungwe barwanya abashinzwe umutekano umwe ahasiga ubuzima

OMEGA BOY by OMEGA BOY
July 15, 2025
in Amakuru
0
Abantu 15 bitwaje imbwa n’intwaro gakondo binjiye mu ishyamba rya Nyungwe barwanya abashinzwe umutekano umwe ahasiga ubuzima
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Bigirimana Egide wari usanzwe ari umujyanama w’ubuzima mu Mudugugudu wa Nganzo Akagari ka Ntendezi mu Murenge wa Ruhambuga, yarashwe n’abashinzwe kurinda Pariki y’Igihugu ya Nyungwe, ubwo we na bagenzi be bari bagiye gucukuramo amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko.

Ibi byabaye Saa Kumi za mu gitondo ku wa 14 Nyakanga 2025, muri Pariki ya Nyungwe ku ruhande rw’Umudugudu wa Yove mu Kagari ka Buvungira mu Murenge wa Bushekeri.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Ibi byabaye nyuma y’aho aba baturage bagera kuri 15 binjiye muri Pariki bitwaje intwaro gakondo bakagerageza kurwana n’abashinzwe umutekano wa pariki, bakarasamo babiri.

Bigirimana Egide uri mu barashwe yitabye Imana ageze mu Bitaro bya Bushenge naho undi warashwe ari kuvurirwa mu Bitaro bya Kibogora byombi byo mu Karere ka Nyamasheke.

Polisi y’u Rwanda mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, yemeje aya makuru, yihanganisha umuryango wabuze uwabo.

Iti “Mu ijoro ryakeye ahagana Saa Kumi n’Igice abantu 15 bitwaje intwaro gakondo n’imbwa binjiye mu ishyamba rya Nyungwe bikekwa ko bari bagiye mu bikorwa byo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe, ubwo bari bahagaritswe n’abashinzwe kurinda ishyamba banze guhagarara ahubwo barabagota barabarwanya nibwo harashwe babiri abandi barahunga.”

“Abarashwe bajyanywe mu bitaro bya Bushenge aho umwe muri bo yaje kwitaba Imana. Twihanganishije umuryango wabuze uwabo kandi iperereza ryatangiye kuri iki kibazo”.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwakoranye inama n’abaturage bwihaganisha umuryango wabuze uwabo, bunasaba abaturage kwirinda kuvogera iyi pariki.

Previous Post

Thousands of peoples leaving Bali via port to skip ‘Day of Silence’

Next Post

RIB yataye muri yombi umukozi ushinzwe ibikorwa by’ubwubatsi mu Mujyi wa Kigali

Next Post
Nyanza: Umukozi ukora mu Karere arafunzwe

RIB yataye muri yombi umukozi ushinzwe ibikorwa by’ubwubatsi mu Mujyi wa Kigali

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved