Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyasabye abasirikare bacyo bahoze mu ngabo, nyuma bakiyunga ku mutwe wa M23, gushaka inzira yo kuwuvamo cyangwa se guhindukirira uwo mutwe bakoresheje intwaro zabo.
Ibi byatangajwe nyuma y’uko M23 igaragaje abasirikare bashya barenga 7,000 imaze igihe itoza mu kigo cya Rumangabo mu karere ka Rutshuru. Benshi muri abo biganjemo abahoze muri FARDC biyunze kuri M23 ubwo uyu mutwe wari umaze kwigarurira Goma na Bukavu, ndetse bakaba barahiriye ubuyobozi bwa Gen. Sultani Makenga ko bazamufasha guhirika ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi.
Umuvugizi wa FARDC, Gen.-Maj. Sylvain Ekenge, yavuze ko nubwo abo basirikare bahisemo kwinjira muri M23, bakiri abanyamuryango b’igisirikare cya Congo. Yabasabye kutizera amasezerano n’ibisubizo batangirwa muri uwo mutwe, kuko ngo ntacyo bibamarira uretse kubakoreshereza kugirira nabi abaturage babo ndetse no gusenya igihugu cyababyaye.
Yibukije abo basirikare indahiro barahiye mu ngabo za Congo, aho biyemeje kutazigera bacurika igihugu cyangwa ngo bacurike baturage bacyo. Yagize ati: “Nimwiyemeza kurwanya igihugu cyanyu cyangwa se abaturage bacyo, muzaba mukoze icyaha kitazibagirana mu mateka, ndetse n’ibisekuru bizaza ntibizigera bibababarira.”
Ekenge yongeyeho ko uwasohoka mu maboko ya M23 akayihindukirira azahabwa amahirwe yo kongera kwinjizwa muri FARDC, ashimangira ko ibyo ari byo byerekana urukundo nyakuri ku gihugu.




