• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Abageni bari bafite ubukwe i Nyamasheke nyuma bagahura n’uruva gusenya barasaba ubufasha

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 24, 2025
in Amakuru
0
Abageni bari bafite ubukwe i Nyamasheke nyuma bagahura n’uruva gusenya barasaba ubufasha
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Habumugisha Fiston w’imyaka 25 na Muhawenayo Jaennet w’imyaka 21, bari bafite ubukwe bwo gusaba no gukwa ndetse no gusezerana imbere y’Imana ku wa Kane, tariki ya 11 Nzeri 2025. Ariko mbere y’uwo munsi ukomeye, aba bageni bahuye n’uruva gusenya.

Nk’uko babibwiye itangazamakuru, ku mugoroba ubwo bavuye kureba imyambaro bazakoresha mu bukwe, baguwe gitumo n’abagizi ba nabi barabakubita bikomeye, babambura amafaranga n’ibikoresho birimo telefone imyambaro n’ibindi . Aba bombi bahise bajyanwa mu bitaro bya Bishenge kugira ngo bitabweho, bituma ubukwe bwabo busubikwa.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Nyuma y’iminsi mike, ku Cyumweru tariki ya 14 Nzeri 2025, ubukwe bwongeye gusubukurwa ariko biba ngombwa ko aba bageni bagwatiriza inzu yabo kugira ngo imyiteguro ikomeze. Fiston yagize ati: “Twagiye mu madeni menshi, hari amafaranga twari twamaze gutanga ataragaruka, imyenda twakodesheje n’imodoka nabyo turi kubyishyuzwa. Ubu turi mu nzu dukodesha kuko iyacu twarayigwatirije, dufite amadeni asaga miliyoni 1.5 Frw.”

Na ho Jaennet we ati: “Baradukubise cyane, batwambura amafaranga n’amaterefone, ndetse n’imyenda twakodesheje. Twarahombye cyane, byabaye ishyano kuri twe.”

Aba bageni batuye mu mudugudu wa Kanyogo, mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi. Ubu barasaba abagiraneza n’abafite umutima wo kubafasha kugira ngo babashe kwikura muri ibi bibazo.

Kuri ubu, abakekwaho gukora ubu bugizi bwa nabi bafungiye mu maboko y’ubugenzacyaha.

 

Abifuza gutanga ubufasha bashobora kubinyuza kuri nimero yabo: 0793049957.

Ubwo bari mu bitaro bavurwa nyuma yo gukubitwa no kwamburwa
Previous Post

U Bushinwa n’u Buhinde bari gutiza umurindi intambara Ukraine ihanganyemo n’u Burusiya – Donald Trump

Next Post

Nyanza: Abana bakinishije Gerenade irabaturikana

Next Post
Nyanza: Abana bakinishije Gerenade irabaturikana

Nyanza: Abana bakinishije Gerenade irabaturikana

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved