Mu Ntara ya Tshopo, muri teritwari ya Isangi, abaturage bo mu duce twa Ilambi na Yafwira bakoze ibikorwa biteye ubwoba, batwika abaganga bane babashinja ubupfumu, nyuma yo kubakekaho gukoresha ibice by’imyororokere by’abantu mu bikorwa byabo.
Ibi byabaye ku wa 6 Ukwakira 2025, mu gihe abo baganga bari mu kazi kemewe n’ubuyobozi bwa teritwari ya Isangi, aho bari bagiye gushyira mu bikorwa gahunda yo gukingira abana bari baracikanwe n’inkingo.
Dr Bienvenu Ikomo, uyobora serivisi z’ubuvuzi muri Tshopo, yemeje ko abo baganga bari bari mu butumwa bwemewe n’ubuyobozi. Yavuze ko babiri muri bo bari abashakashatsi, bakubiswe bikomeye mbere yo gutwikirwa i Ilambi, naho abandi babiri bakorerwa iyicarubozo muri Yafwira, hanyuma imirambo yabo ikajugunywa mu mugezi wa Lomami.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’Umutekano mu Ntara ya Tshopo, Roger Ekongo Demba, yasobanuye ko iki ari kimwe mu bikorwa by’ubugome byiyongera ku byaherutse kugaragara muri teritwari za Yahuma, Basoko na Ubundu.
Yavuze ko bagiye gushyiraho gahunda yo kwigisha abaturage kugira ngo bamenye akamaro k’abakozi b’ubuvuzi n’uko bakwiye kwitwararika imbere y’abashyitsi batabazi, aho kubahutaza bashingiye ku bihuha.
Yagize ati: “Tugomba kwigisha abaturage kwirinda gukurikira amakuru y’ibinyoma, kuko ibyo bishobora guteza umutekano muke n’ibibazo bitazigera bigenzurwa.”




