Umunsi w’ejo hashize abafana b’ikipe ya Arsenal bari babukereye baje kureba umusaruro umukinnyi baherutse kugura akayabo Viktor Gyökeres atanga,gusa ibyo bari bamwitezeho ntago aribyo babonye.
Viktor Gyökeres ukomoka mu gihugu cya suwede uherutse kugurwa n’Arsenal akayabo kangana n’amapawundi 63.5 avanwe muri sporting Lisbon,gusa ntago byamuhiriye kwigaragaza neza mu mukino wa Arsenal yari yahuyemo na Manchester United mu irushanwa rya Premier League, gusa uyu mukino warangiye Ari 1-0.
Uyu mukinnyi nta shoti narimwe yigeze atera mu izamu, bituma abafana bagira impungege bibaza niba uyu mukinnyi azagira icyo afasha iyi kipe.
Imibare igaragaza ko uyu rutahizamu w’imyaka 27 mu mukino wa Arsenal na Man United yabashije gukina neza imipira itatu gusa mu gihe imipira 10 yananiwe kuyikina neza ,yatanze imipira ine kuri bagenzi be.
Arsenal ikomeje kubyaza umusaruro imipira y’imiterekano aho Kuva mu 2023/24, bamaze gutsinda ibitego 31 ku mipira y’imiterekano (corners), ari byo byinshi kurusha andi makipe yose.
Nyuma yo kugurwa akayabo, abakunzi ba Arsenal bari babukereye bagiye kurebe uko Viktor Gyökeres atsinda Manchester United nk’uko yari asanzwe abigenza muri Portugal gusa ntagonariko byamugendekeye aho byageze aho avanwa mu kibuga.
Mbereho gato mu mikino ya pre-season ku mukino batsinzemo Athletic Bilbao, Gyökeres yagaragaje ubushobozi, ariko kuri Old Trafford ntiyigeze agaragaza impinduka.




