Mu Karere ka Nyarugenge, mu Murenge wa Kimisagara, mu Mudugudu wa Muganza, umugabo w’imyaka 32 y’amavuko yasanzwe yapfuye mu rugo rwe.
Uyu mugabo, witwa Murwanashyaka Emanuel, yari asanzwe akora akazi k’ubukarani mu Isoko rya Kiruhura. Bivugwa ko yari yaratandukanye n’umugore we babanaga , maze nyuma akaza kwicumbikira mu rugo rwe, aho byaje kurangira apfuye.
Abaturage bo muri aka gace bavuze ko, umugabo uko yasagaga, byerekana ko yari amaze iminsi apfuye, nk’uko umubiri we wabigaragazaga. Bamwe muri bo bavuga ko bitumvikana ukuntu amara iminsi itatu munzu apfuye, abaturanyi be ntibabimenye.
Umwe yagize ati:”Ubundi ukimara kubura umuturanyi iminsi ibiri, ugomba kubaririza amakuru ye.”
Uru rupfu rwemejwe na CIP Gahonzire, umuvugizi wa Police mu Mujyi wa Kigali, yemeza ko iperereza ryahise ritangira kugira ngo hamenyekane icyateye urupfu rw’uyu mugabo.
Umurambo we wahise woherezwa ku Bitaro bya Kacyiru, hagamijwe kumenya icyateye urupfu rwe.
Abaturage basaba ko hashyirwaho ubukangurambaga bugamije kugabanya amakimbirane n’ibibazo by’abaturanyi, kugira ngo ibintu nk’ibi bitazasubira. Banasobanuye ko uyu mugabo atari arwaye, yari muzima mbere y’urupfu rwe.




