Umuhungu wigaga mu Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro, ishami rya Tumba riherereye mu Karere ka Rulindo, yasanzwe yapfuye mu nzu yabagamo, ari kumwe n’inkumi bivugwa ko yari yagiye kumusura, na yo yasanzwe yitabye Imana.
Ibi byabaye ku wa Kabiri, tariki ya 24 Werurwe 2026, mu rugo uyu munyeshuri yari acumbitsemo hafi y’icyo kigo.
Amakuru y’ibanze agaragaza ko uyu musore yigaga mu mwaka wa mbere mu ishami ry’Ikoranabuhanga mu Itumanaho (Information Technology) muri RP Tumba College. Ku bijyanye n’uwo mukobwa wari waje kumusura, ntiharamenyekana niba na we yari umunyeshuri w’iki kigo.
Nk’uko byatangajwe na Nkusi Moses, ushinzwe inozamububanyi muri RP Tumba College, yemeje ko uwo muhungu yari umunyeshuri wabo, ariko andi makuru ku cyateye urwo rupfu akaba agikomeje gukusanywa.
Yagize ati: “Basanzwe mu nzu yabagamo inyuma y’ikigo, basanzwe bapfuye bombi. Abahageze basanze inzu ifunze imbere, ifite n’ingufuri.”
Yakomeje avuga ko basanze umuhungu amanitse mu nzitiramibu, mu gihe umukobwa we yari aryamye hasi, na we yamaze kwitaba Imana.
Inzego z’umutekano zirimo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) hamwe na Polisi y’u Rwanda zahise zigera aho byabereye, zitangira iperereza rigamije kumenya icyateye uru rupfu rw’aba bombi.



