Umugabo utuye mu Ntara ya Butanyerera mu gihugu cy’u Burundi yaciwe ihazabu ikomeye irenga 1,700,000 Fbu, nyuma yo gufatwa aragiye amatungo ye mu gasozi bitemewe.
Ibi byabereye mu gace ka Ngere, muri komini Busoni, ku wa 15 Werurwe 2026. Uyu muturage yafashwe aragiye ihene zigera kuri 17, bituma acibwa amande angana na 1,751,000 Fbu, abarirwa mu mafaranga y’u Rwanda arenga 800,000.
Nk’uko byasobanuwe n’Umuyobozi ushinzwe ibidukikije, ubuhinzi n’ubworozi muri iyi komini, Ahishakiye Dionise, abaturage badafite urwuri bagirwa inama yo kudakuramo amatungo mu biraro ngo bayajyane mu gasozi, kuko bihanwa n’amategeko.
Yongeyeho ko itungo ryose rifatiwe muri ibi bikorwa rihanirwa ukwaryo, nyiraryo akishyura ihazabu rijyanye na ryo.
Nubwo bimeze bityo, bamwe mu basomyi bagaragaje ko aya mande ashobora kuba yararengeje urugero, kuko basanzwe bazi ko ihazabu y’itungo rimwe igera ku mafaranga y’amarundi 2,000 gusa.



