Itorero ADEPR ryatangaje ko ryakuye ku nshingano abantu 35 bari bafite imyanya y’ubushumba n’iy’ivugabutumwa, nyuma yo kugaragaraho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 byemejwe n’inkiko.
Iki cyemezo cyashyizwe ahagaragara ku wa 18 Werurwe 2026, gishingiye ku myanzuro yafatiwe mu Nama Nkuru y’Abashumba yateranye inshuro ebyiri mu 2025 no mu 2026, aho basuzumye imyitwarire y’abari mu buyobozi bw’itorero bakekwaho cyangwa bahamijwe ibyo byaha.
Ubuyobozi bwa ADEPR bwamenyesheje abakirisitu ko abo bantu bose bakuwe mu nshingano burundu, hashingiwe ku buremere bw’ibyaha byabahamijwe.
Urutonde rwashyizwe hanze rugaragaza amakuru arambuye kuri buri wese, arimo amazina, inshingano yari afite mu gihe cya Jenoside, aho yakoreraga, ndetse n’aho aherereye ubu.
Muri abo bantu harimo abafungiwe mu magororero atandukanye mu Rwanda, abandi bakaba bari mu bihugu byo hanze birimo u Bubiligi, Uganda, Malawi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Hari kandi abakatiwe igifungo cya burundu, abatorotse ubutabera, ndetse n’abataramenyekana aho baherereye.
Icyemezo cy’itorero kigaragaza umuhate waryo mu kwimakaza ukuri, ubutabera no gukuraho mu nshingano abagaragayeho ibyaha bikomeye nk’ibya Jenoside.



