• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Camp Kigali: Abanyeshuri batunguwe no kubona umunyeshuri w’imyaka 16 abyariye mu ishuri

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
March 19, 2026
in Amakuru
0
Camp Kigali: Abanyeshuri batunguwe no kubona umunyeshuri w’imyaka 16 abyariye mu ishuri
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu kigo cy’amashuri yisumbuye cya G.S Camp Kigali giherereye mu Karere ka Nyarugenge, habereye igikorwa cyatunguranye cyateje impungenge, nyuma y’uko umunyeshuri w’imyaka 16 wigaga mu mwaka wa kane (S4 HGL) abyariye mu kigo.

Amakuru atangwa n’abanyeshuri n’abarimu agaragaza ko iki gikorwa cyateje urujijo n’ihungabana mu kigo, kuko ngo nta wari uzi ko uwo mukobwa yari atwite kugeza ku munsi yabyariyeho.

Related posts

Itorero ADEPR ryambuye inshingano abayobozi 35 nyuma y’uko bahamijwe ibyaha bya Jenoside

Itorero ADEPR ryambuye inshingano abayobozi 35 nyuma y’uko bahamijwe ibyaha bya Jenoside

March 19, 2026
U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

March 17, 2026

Umwe mu banyeshuri yagize ati: “Byadutunguye cyane, nta n’umwe wari warigeze amenya ko atwite.”

Ababyeyi b’uwo munyeshuri nabo batangaje ko batigeze bamenya iby’iyo nda mbere, bikaba byaratumye hibazwa uburyo yashoboye kuyitwita igihe kingana n’amezi icyenda nta wabimenye ngo abe yafashwa hakiri kare.

Hari ababyeyi n’abanyeshuri bagaragaje impungenge ku mibereho n’umutekano w’abanyeshuri, cyane cyane abakobwa bakiri bato, bibaza niba hari ingamba zihagije zo gukurikirana no kubarinda ibibazo nk’ibi.

Bamwe kandi bakeka ko hashobora kuba harimo uruhare rw’umuntu mukuru, bagasaba ko hakorwa iperereza ryimbitse kugira ngo hamenyekane ukuri, ndetse uwaba yaragize uruhare mu byabaye akabihanirwa hakurikijwe amategeko.

Umwe mu babyeyi yagize ati: “Biragoye kumva ukuntu ibintu nk’ibi bishobora kuba nta muntu ubizi. Ubuyobozi bw’ishuri bukwiye gutanga ibisobanuro no kugaragaza ingamba bufite mu kurinda abana.”

Kugeza ubu, ubuyobozi bw’ishuri ntiburagira icyo butangaza kuri iki kibazo.

Previous Post

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

Next Post

Itorero ADEPR ryambuye inshingano abayobozi 35 nyuma y’uko bahamijwe ibyaha bya Jenoside

Next Post
Itorero ADEPR ryambuye inshingano abayobozi 35 nyuma y’uko bahamijwe ibyaha bya Jenoside

Itorero ADEPR ryambuye inshingano abayobozi 35 nyuma y'uko bahamijwe ibyaha bya Jenoside

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved