• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
March 17, 2026
in Amakuru
0
U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Ubutegetsi bwa Donald Trump muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwatumiye i Washington intumwa z’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu rwego rwo kongera gusubukura ibiganiro bigamije kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo.

Ibi biganiro biteganyijwe kubera muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika, aho impande zombi zizagirana ibiganiro byihariye ndetse n’ibihuriweho. Amakuru atangwa n’ikinyamakuru The Africa Report agaragaza ko biri kuyoborwa n’abayobozi bo mu Nama y’Umutekano ya White House hamwe n’ishami rya Amerika rishinzwe Afurika.

Related posts

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026
Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026

Ni ubwa mbere izi mpande zigiye kongera guhura kuva mu ntangiriro z’uku kwezi, nyuma y’uko Amerika ifatiye ibihano bamwe mu bayobozi bakuru b’ingabo z’u Rwanda.
Mu bazitabira ibi biganiro ku ruhande rw’u Rwanda harimo Mauro De Lorenzo, usanzwe ari umujyanama mukuru wa Perezida Paul Kagame, ndetse na Brig. Gen. Patrick Karuretwa ushinzwe ubufatanye mpuzamahanga mu bya gisirikare.

Ku ruhande rwa RDC hazitabira Patrick Luabeya, intumwa yihariye ya Perezida Félix Tshisekedi.

Amerika ikomeje gushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 uhanganye n’ingabo za Leta ya Congo mu burasirazuba bw’icyo gihugu, ibyatumye ifata icyemezo cyo kurufatira ibihano.

Hari kandi amakuru avuga ko Washington ishobora no gufata ibindi bihano byibanda ku bukungu bw’u Rwanda, mu gihe ibiganiro byaba nta musaruro bitanze.

Ku rundi ruhande, ubutegetsi bwa Kinshasa na bwo buri mu gitutu gikomeye, nyuma y’igitero cya drone cyabereye i Goma kigahitana Umufaransakazi Karine Buisset, wakoreraga UNICEF.

Abayobozi ba Amerika bagaragaje impungenge ko gushyira igitutu ku ruhande rumwe gusa bishobora gutuma ingabo za Congo zirushaho gukaza ibikorwa bya gisirikare.

Uretse ibi biganiro bya dipolomasi, i Washington hazanabera inama ya Powering Africa Summit, izahuza abaminisitiri b’ingufu baturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika, barimo na Minisitiri wa RDC ushinzwe ibikomoka kuri peteroli, Acacia Bandubola Mbongo.

Iyi nama izitabirwa kandi na Chris Wright, Umunyamabanga wa Leta ya Amerika ushinzwe ingufu, ikazibanda ku gushimangira ubufatanye mu rwego rw’ingufu, by’umwihariko ishoramari mu mishinga ya peteroli na gaze.

Previous Post

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved