• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Politics

Burkina Faso: Amashyaka ya politiki yose yakoreraga muri iki gihugu arenga 100 yasenywe

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
January 30, 2026
in Politics
0
Burkina Faso: Amashyaka ya politiki yose yakoreraga muri iki gihugu arenga 100 yasenywe
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu Nama y’Abaminisitiri yabaye ku wa 29 Mutarama 2026, Guverinoma ya Burkina Faso yafashe umwanzuro wo guhagarika burundu amashyaka ya politiki yose akorera muri iki gihugu, hamwe n’amategeko yayagengaga n’ibikorwa byayo.

Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu, Emile Zerbo, yatangaje ko iki cyemezo kiri mu murongo wo gushimangira ituze n’umutekano w’igihugu. Yagaragaje ko hari aho babonye ko ibikorwa by’umutekano muke n’ubugizi bwa nabi bifitanye isano n’ubwinshi bw’amashyaka n’imitwe ya politiki.

Related posts

Amasezerano yahindutse urubanza: U Rwanda rwamaze kugeza ikirego mu nkiko rurega u Bwongereza

Amasezerano yahindutse urubanza: U Rwanda rwamaze kugeza ikirego mu nkiko rurega u Bwongereza

January 27, 2026
Leta ya Sudani y’Epfo yahaye abaturage amasaha ntarengwa yo kuba bavuye mu duce igiye kugabamo ibitero

Leta ya Sudani y’Epfo yahaye abaturage amasaha ntarengwa yo kuba bavuye mu duce igiye kugabamo ibitero

January 26, 2026

Mbere y’uko Captain Ibrahim Traoré afata ubutegetsi mu Nzeri 2022, akabuvana kuri Lt Col Paul-Henri Sandaogo Damiba, Burkina Faso yari ifite amashyaka ya politiki arenga 100 yanditse byemewe n’amategeko, aho agera kuri 15 yari ahagarariwe muri guverinoma.

Itegeko rishya ribuza ibikorwa byose bifitanye isano n’amashyaka ya politiki, birimo kuyashinga, kuyatera inkunga, imikorere yayo ndetse n’uburyo atoramo abayobozi.

Kugeza ubu, amategeko mashya agenga imiyoborere aracyategurwa neza mbere yo gutangazwa ku mugaragaro. Ibyari umutungo n’ibikorwa by’ayo mashyaka biteganyijwe gushyirwa mu maboko ya Leta.
Burkina Faso ikomeje guhura n’ibibazo by’umutekano muke biterwa n’imitwe y’iterabwoba irimo iya Al-Qaeda n’uwa Islamic State, igenzura ibice bimwe by’igihugu.

Igihe Traoré yahirikaga ubutegetsi bwa Damiba, yari yasezeranyije abaturage kugarura umutekano no gutegura amatora mu gihe cya vuba. Nyuma ariko, yongeye igihe cy’inzibacyuho ho indi myaka itanu.

Previous Post

Ihuriro AFC/M23 ryasobanuye ukuntu ryegereye Tshisekedi bakumvikana guhagarika imirwano nyuma bagatungurwa no kubona bagabweho ibitero na FARDC

Next Post

Burundi: Hafashwe icyemezo cyo kwambura pasiporo abasirikare

Next Post
Ihuriro AFC/M23 ryashyize hanze imyitwarire mibi iri kuranga abasirikare b’u Burundi nyuma yo gukubitwa incuro bagakwira imishwaro

Burundi: Hafashwe icyemezo cyo kwambura pasiporo abasirikare

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved