Mu Isantere y’Ubucuruzi ya Rebero, iherereye mu Kagari ka Gakoma, Umurenge wa Mamba mu Karere ka Gisagara, haravugwa inkuru iteye impungenge y’umugabo witwa Iraguha Eric, ukekwaho guha inzoga y’icyuma abantu bane irimo supaguru, bikekwa ko yari agamije kubagirira nabi no kubahitana.
Bamwe mu baturage banyoye iyo nzoga baganiriye n’umunyamakuru wa B Plus TV, bavuga ko nyuma yo kuyinywa bahise bagira ibibazo bikomeye by’ubuzima, biba ngombwa ko bajyanwa kwa muganga byihuse. Bagize bati:
“Twahawe inzoga irimo supaguru, duhita tujya kwa muganga baratuvura, n’ubu turacyafite ibikomere.”
Umwe muri bo yavuze ko yatangiye kumva atameze neza ariko akabimenya atinze, kuko yari avuye i Gakoma yerekeza i Kabeza. Ati:
“Natangiye kumokorwa no gucisha hasi, ariko nabyumvise bitinze. Bagenzi banjye bo bakomeje kuyinywa, nyuma numva bambwiye ko bajyanywe kwa muganga.”
Yakomeje avuga ko ukekwaho yakoze iki gikorwa atavanze neza iyo nzoga n’ubwo avuga ko iyo ayivanga neza, byari kugira ingaruka zikomeye ku bantu benshi.
Abaturage batuye muri ako gace bamaganye bikomeye iki gikorwa, basaba ko uwabigizemo uruhare akurikiranwa n’inzego zibishinzwe, agahanirwa icyaha yakoze, kugira ngo ubutabera bukore akazi kabwo kandi hibandwe ku mutekano w’abaturage.
Ku ruhande rwa Polisi y’u Rwanda, Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yemeje ko aya makuru bayamenye kandi ko ukekwaho iki cyaha yamaze gufatwa.
Kuri ubu, ucyekwa afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mamba, ashyikirijwe ubugenzacyaha, aho iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane neza niba koko afite uruhare mu guhumanya iyo nzoga n’icyo yari agamije.




