Urukiko rwa Gisirikare rukorera mu Ntara ya Ituri, kuri uyu wa Gatatu, rwakatiye Capt. Buba Ambwa Jean Denis igifungo cy’imyaka 20, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kutubahiriza amabwiriza agenga ibikorwa bya gisirikare mu gihe cy’intambara.
Uyu musirikare yari ashinzwe by’agateganyo kuyobora batayo y’ingabo zirwanira mu mazi ku Kiyaga cya Albert. Urubanza rwerekanye ko ku itariki ya 8 Ukwakira 2025, Capt. Buba Ambwa yayoboye umutwe w’ingabo mu bwato bwihuta berekeza ku nkombe za Nyambamba, mu gace ka Kasenyi, mu gikorwa cyo guhangana n’inyeshyamba z’umutwe wa CRP uyobowe na Thomas Lubanga.
Nk’uko amakuru dukesha mediacongo.net abivuga, muri icyo gikorwa cya gisirikare, uyu kapiteni yafashe amafoto n’amashusho ari kumwe n’ingabo yari ayoboye, akoresheje terefone ye, mbere yo kuyashyira ku mbuga nkoranyambaga.
Ubushinjacyaha bwagaragaje ko iki gikorwa cyanyuranyije n’amabwiriza akomeye agenga imyitwarire y’abasirikare mu gihe cy’intambara, cyane cyane ajyanye no kurinda umutekano w’ibikorwa n’amabanga ya gisirikare.
Nyuma yo gusuzuma ibimenyetso n’ibisobanuro by’impande zombi, Urukiko rwasanze Capt. Buba Ambwa Jean Denis ahamwa n’icyaha, rumukatira igifungo cy’imyaka 20, rutegeka kandi ko ahita yirukanwa mu Ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC).
Urukiko rwagaragaje ko iki gihano kigamije kuba isomo no kuburira abandi basirikare ku ngaruka zo kwica amabwiriza agenga akazi ka gisirikare.
Ku ruhande rwe, umunyamategeko w’uregwa yatangaje ko yahise ajuririra iki cyemezo.




