• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umunyamakuru wigeze gukora kuri RBA nyuma yabaye umuyobozi w’indi Radio ikomeye hano mu Rwanda

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
January 22, 2026
in IMYIDAGADURO
0
Umunyamakuru wigeze gukora kuri RBA nyuma yabaye umuyobozi w’indi Radio ikomeye hano mu Rwanda
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umunyamakuru w’inararibonye mu Rwanda, Sylivanus Karemera, yagizwe Umuyobozi Mushya wa KT Radio 96.7 FM, nyuma y’umwaka umwe avuye mu Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), aho yari yarahagaritswe mu mavugurura yakozwe mu mpera za 2024.

Izi nshingano nshya azazitangira ku mugaragaro tariki ya 01 Gashyantare 2026, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwa Kigali Today, ikigo kibarizwamo iyi radiyo.

Related posts

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

February 6, 2026
Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

February 3, 2026

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Gatatu tariki ya 21 Mutarama 2026, Kigali Today yatangaje ko yishimiye kwakira Karemera, igaragaza icyizere ifitiye ubunararibonye n’ubuhanga bwe mu itangazamakuru.

Iryo tangazo rigira riti: “Tunejejwe no gutangaza ishyirwaho rya Sylivanus Karemera nk’Umuyobozi Mushya wa KT Radio 96.7 FM. Afite uburambe bw’imyaka irenga 18 mu itangazamakuru ry’isakazamajwi n’amashusho.”

Ubuyobozi bwa Kigali Today bwongeyeho ko Karemera azanye ubumenyi bukomeye mu gutegura no guhanga ibiganiro, gukurura no kwagura umubare w’abayoboke, ndetse n’ubushobozi bwo guteza imbere itumanaho rinyuze mu itangazamakuru.

Bwemeje kandi ko buyobowe n’icyizere ko, binyuze mu miyoborere ye, KT Radio izakomeza gukomera no kwagura uruhare rwayo mu gutanga amakuru yizewe, ibiganiro byubaka sosiyete n’imyidagaduro itandukanye.

Sylivanus Karemera azwi cyane nk’umwe mu banyamakuru bamaze igihe kinini bakorera RBA, aho yamaze imyaka irenga 10, cyane cyane mu ishami ry’amakuru. Yanamenyekanye cyane mu biganiro byatambukaga mu rurimi rw’Ikiswahili.

Mu kwezi k’Ugushyingo 2024, Karemera yari mu bakozi 12 basezerewe muri RBA, benshi muri bo bakaba bari mu myanya y’ubuyobozi, mu rwego rw’amavugurura yari yatangajwe n’iki kigo.

Previous Post

U Burusiya burashaka kugira uruhare mu kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo

Next Post

Ituri: Urukiko rwa gisirikare rwakatiye umusirikare wa FARDC gufungwa imyaka 20 ndetse agahita anirukanwa mu ngabo

Next Post
Ituri: Urukiko rwa gisirikare rwakatiye umusirikare wa FARDC gufungwa imyaka 20 ndetse agahita anirukanwa mu ngabo

Ituri: Urukiko rwa gisirikare rwakatiye umusirikare wa FARDC gufungwa imyaka 20 ndetse agahita anirukanwa mu ngabo

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved