• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home News

Leta ya Congo yahagaritse internet mu mujyi wa Uvira

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
January 21, 2026
in News
0
Uganda:  Internet yavanweho mbere y’uko amatora aba
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yahagaritse serivisi za internet mu mujyi wa Uvira, uherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu gihe hashize iminsi mike ingabo za Leta zisubiye kuwugenzura.

Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko ku Cyumweru tariki ya 18 Mutarama, ingabo za FARDC zifatanyije n’abarwanyi ba Wazalendo batangiye kugaruka muri Uvira, nyuma y’igihe kirenga ukwezi uwo mujyi wari umaze ugenzurwa n’umutwe wa M23.

Related posts

Abasirikare b’u Rwanda boherejwe muri Jamaica batangiye imirimo yo gusana ibyangiritse -Amafoto

Abasirikare b’u Rwanda boherejwe muri Jamaica batangiye imirimo yo gusana ibyangiritse -Amafoto

January 20, 2026
Uganda:  Internet yavanweho mbere y’uko amatora aba

Uganda: Internet yavanweho mbere y’uko amatora aba

January 13, 2026

Nyuma yo kongera kwinjira muri Uvira, humvikanye ibikorwa by’ubugizi bwa nabi birimo gusahura imitungo y’abaturage, kurasana kw’amasasu n’urugomo, aho cyane cyane abaturage bo mu bwoko bw’Abanyamulenge n’Abatutsi bavugwaho kwibasirwa.

Perezida wa M23 akaba n’umuhuzabikorwa wungirije w’ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC), Bertrand Bisimwa, yatangaje ko guhagarika internet muri Uvira bigamije guhisha ibikorwa bibi bivugwa ko bikorwa n’ingabo za Leta. Abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwategetse guhagarika imiyoboro yose y’itumanaho mu mujyi wa Uvira no mu nkengero zawo, mu rwego rwo gukumira ikwirakwizwa ry’amakuru ajyanye n’ibikorwa by’ihohoterwa bivugwa muri ako gace.

Yagize ati: “Icyemezo cyo gukura internet muri Uvira ni uburyo bwo guhisha ibyaha bikomeje gukorerwa abaturage n’imitwe yitwaje intwaro yoherejwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa.”

Kugeza ubu, Leta ya RDC ntiragira icyo itangaza ku mugaragaro ku ihagarikwa rya internet muri Uvira, ndetse nta n’icyatangajwe gisobanura impamvu nyakuri y’icyo cyemezo.

Gusa amakuru atandukanye avuga ko iki cyemezo cyafashwe ku mabwiriza aturutse kuri Perezida Félix Antoine Tshisekedi.

Previous Post

Ingabo z’u Burundi zigabije umujyi wa Uvira

Next Post

Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu (HRW) wavuze ko kuva umutwe wa M23 wava muri Uvira ibintu byabaye bibi kurushaho

Next Post
Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu (HRW) wavuze ko kuva umutwe wa M23 wava muri Uvira ibintu byabaye bibi kurushaho

Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu (HRW) wavuze ko kuva umutwe wa M23 wava muri Uvira ibintu byabaye bibi kurushaho

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved