Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), binyuze muri Komisiyo y’Imisifurire, ryafashe icyemezo cyo guhagarika umusifuzi wungirije Jabo Aimée Aristote imikino ine, nyuma y’impaka zikomeye zavutse mu mukino wahuje APR FC na Al-Merrikh.
Iki cyemezo cyakurikiye isesengura ryakozwe ku byabereye mu minota ya nyuma y’uwo mukino, aho APR FC yatsindiye igitego cyashoboraga kuyihesha amanota atatu, ariko bakacyanga.
Igitego cyatsinzwe n’umukinnyi w’Umunya-Ghana, Dauda Yussif, wari uteye ishoti rikomeye ari hanze y’urubuga rw’amahina, ariko umusifuzi wungirije atangaza ko hari kurarira kwabayeho.
Nyuma yo gusuzuma amashusho n’imigendekere y’uwo mukino, Komisiyo y’Imisifurire yasanze icyemezo cyafashwe ku munota wa 88 kitari cyo, ishimangira ko habayeho ikosa rikomeye ry’umusifuzi. Ibyo byatumye hafatwa umwanzuro wo kumuhagarika by’agateganyo mu misifurire y’imikino ine iri imbere.
Ibyabaye muri uwo mukino byakomeje guteza impaka mu bakunzi b’umupira w’amaguru, cyane cyane ku ruhande rwa APR FC, aho abafana bayo bagaragaje kutishimira imisifurire, bamwe bakajya no ku cyicaro cya FERWAFA bagaragaza ko bashaka ibisobanuro birambuye.
Ku ruhande rwayo, APR FC ivuga ko ikibazo cy’imisifurire kimaze igihe kirekire, igasobanura ko muri uyu mwaka w’imikino imaze gutakaza amanota menshi kubera amakosa y’abasifuzi, ibintu bavuga ko bigira ingaruka ku mwanya w’ikipe muri shampiyona.
Gen. Mubarakh Muganga, umuyobozi wungirije w’icyubahiro wa APR FC, aherutse gutangaza ko hari amakuru bafite avuga ko bamwe mu basifuzi bagira imyitwarire idakwiye, aho bavuga ko bagamije kugabanyiriza iyi kipe amahirwe yo gutsinda, asaba ko inzego zibishinzwe zibikurikirana.




