• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Ruhango: Umwana na nyina bakurikiranyweho kwica umusaza w’imyaka 70

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
January 19, 2026
in Amakuru
0
Ruhango: Umugabo yagiye kwiba inka birangira ahasize ubuzima
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu Karere ka Ruhango haravugwa inkuru ikomeye y’urupfu rw’umusaza w’imyaka 70, bivugwa ko yishwe n’umugore we afatanyije n’umuhungu babyaranye, nyuma y’amakimbirane yari amaze igihe mu muryango.

Ibyabaye byabereye mu Mudugudu wa Kivomo, Akagari ka Murama, Umurenge wa Bweramana.

Related posts

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026
Abasirikare b’u Rwanda boherejwe muri Jamaica batangiye imirimo yo gusana ibyangiritse -Amafoto

Abasirikare ba RDF bari bari muri Jamaica batashye

March 16, 2026

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan, yabwiye itangazamakuru ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko uyu muryango wari umaze igihe ufite amakimbirane ashingiye ku mitungo.

Yagize ati: “Twamenye amakuru ko uyu muryango wari usanganywe amakimbirane, biza kugera aho umugore asaba umuhungu we ngo amufashe kwica Se. Umusaza witwaga Birasamasha Donath w’imyaka 70 y’amavuko ni we wapfuye.”

CIP Hassan yavuze ko amakimbirane yo mu muryango adakwiye na rimwe kuba intandaro yo kwambura umuntu ubuzima, ashimangira ko hari inzego zitandukanye abaturage bashobora kwitabaza zikabafasha gukemura ibibazo mu mahoro.

Yakomeje avuga ko umugore n’umuhungu we bahise batabwa muri yombi, ubu bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB yo mu Murenge wa Kabagari, mu gihe iperereza rikomeje.

Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe mu Bitaro bya Gitwe kugira ngo ukorerwe isuzuma (autopsie).

Polisi yibukije abaturage kwirinda imyitwarire y’urugomo no gukemura amakimbirane biciye mu biganiro, hifashishijwe inshuti z’umuryango, abunzi n’izindi nzego zabigenewe, aho kwishora mu byaha bikomeye birimo no kwica.

Gusa bamwe mu baturage bageze ahabereye ibi byago, batangaje ko basanze umubiri wa nyakwigendera wuzuye amaraso, bikaba byabateye ubwoba n’agahinda gakomeye.

Previous Post

RDC: Umunyapolitiki nyuma y’uko arambiwe itotezwa yakorerwaga yahisemo guhunga igihugu

Next Post

FERWAFA yafashe umwanzuro ku kibazo cyateje impagarara ku mukino wa APR FC na Al-Merrikh

Next Post
FERWAFA yafashe umwanzuro ku kibazo cyateje impagarara ku mukino wa APR FC na Al-Merrikh

FERWAFA yafashe umwanzuro ku kibazo cyateje impagarara ku mukino wa APR FC na Al-Merrikh

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved