• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home News

Uganda: Internet yavanweho mbere y’uko amatora aba

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
January 13, 2026
in News
0
Uganda:  Internet yavanweho mbere y’uko amatora aba
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Ikigo cya Leta ya Uganda gishinzwe kugenzura itumanaho cyategetse ibigo byose bitanga serivisi za internet guhagarika izo serivisi guhera ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, kugeza igihe bizahererwa andi mabwiriza azemerera internet kongera gukoreshwa.

Iki cyemezo cyafashwe mu gihe Uganda yitegura amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite ateganyijwe ku wa Kane tariki ya 15 Mutarama.

Related posts

Uganda:  Internet yavanweho mbere y’uko amatora aba

Leta ya Congo yahagaritse internet mu mujyi wa Uvira

January 21, 2026
Abasirikare b’u Rwanda boherejwe muri Jamaica batangiye imirimo yo gusana ibyangiritse -Amafoto

Abasirikare b’u Rwanda boherejwe muri Jamaica batangiye imirimo yo gusana ibyangiritse -Amafoto

January 20, 2026

Nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye byo muri Uganda, ibaruwa yanditswe n’iki kigo cya Leta yasabaga kompanyi zitanga internet guhita zishyira mu bikorwa iri tegeko, zitegereje igihe zizabwirirwa kuyisubizaho.

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Robert Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine, yamaganye iki cyemezo abinyujije ku rubuga rwe rwa X (yahoze ari Twitter), avuga ko kinyuranyije n’ubwisanzure bw’abaturage.
Mu cyumweru cyari cyabanje, Bobi Wine yari yaburiye ko Leta ifite umugambi wo guhagarika internet mu gihe cy’amatora, nk’uko byabaye mu matora yo mu 2021.

Ibi byaje nyuma y’uko abategetsi ba Uganda bari batangaje ku wa Kabiri ushize ko internet itari gukurwaho muri aya matora.

Ku ruhande rwa Leta, iki kigo gishinzwe itumanaho cyasobanuye ko icyemezo cyo guhagarika internet kigamije gukumira ikwirakwizwa ry’amakuru atari yo, amakuru ayobya, ubujura bw’amajwi n’amashusho, ndetse no guhamagarira urugomo, ibyo byose bikaba byashyira mu kaga umutekano w’igihugu.

Ariko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko guhagarika internet bigamije kubuza abaturage kugera ku makuru yigenga, bigaha Leta ububasha bwo kugenzura amakuru yose atangazwa, cyane cyane muri ibi bihe by’amatora.

Mu matora ateganyijwe ku wa Kane, Perezida Yoweri Kaguta Museveni umaze imyaka igera kuri 40 ayobora Uganda, ariyamamaza ashaka kongera kuyobora, aho ahanganye n’abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi barimo Bobi Wine, uri mu bazaba bahatanye ku nshuro ya kabiri.

Previous Post

Minembwe: FARDC yahagabye ibitero bihitana abagore n’abana

Next Post

U Rwanda rwohereje abasirikare barwo muri Jamaica

Next Post
U Rwanda rwohereje abasirikare barwo muri Jamaica

U Rwanda rwohereje abasirikare barwo muri Jamaica

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved