• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Imikino

Minembwe: FARDC yahagabye ibitero bihitana abagore n’abana

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
January 12, 2026
in Imikino
0
Minembwe: FARDC yahagabye ibitero bihitana abagore n’abana
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), kuri uyu wa Mbere tariki ya 12 Mutarama 2026, zagabye ibitero hifashishijwe drone z’intambara mu gace ka Minembwe, kari mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Ibyo bitero byemejwe n’ihuriro AFC/M23, ribinyujije ku muvugizi waryo Lawrence Kanyuka, wavuze ko byibasiye umudugudu wa Mukoko n’utundi duce tuwukikije.

Related posts

APR FC yigaranzuye Rayon Sports iyitsinda idakozemo bituma yegukana igikombe

APR FC yigaranzuye Rayon Sports iyitsinda idakozemo bituma yegukana igikombe

January 10, 2026
Chairman wa APR FC yeguye ku nshingano

Chairman wa APR FC yeguye ku nshingano

December 9, 2025

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X, Kanyuka yavuze ko izo drone zagabye ibitero mu buryo butarobanura intego, bigakorerwa ahatuwe n’abaturage basivili. Yagaragaje ko ibyo byagize ingaruka zikomeye, zirimo urupfu rw’abagore n’abana, ndetse n’ihunga ry’abaturage benshi bava mu byabo.

Nubwo AFC/M23 itatangaje umubare nyakuri w’abaguye muri ibyo bitero, yavuze ko byagize ingaruka zikomeye ku baturage, byongera umutekano muke mu gace ka Minembwe.

Iryo huriro ryamaganye byimazeyo ibyo ryise ihohoterwa rikorerwa abasivili bo mu Burasirazuba bwa RDC, rishinja ingabo za Leta ya Kinshasa gukomeza kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano, no kudaha agaciro amategeko mpuzamahanga agenga intambara n’uburenganzira bw’ikiremwamuntu.

AFC/M23 yanavuze ko ibi bitero byifashishije drone ari intambwe ishobora guteza ingaruka zikomeye ku mutekano w’akarere, kuko bigaragaza gukomeza kwibasira abaturage b’inzirakarengane.

Ibi bitero byo muri Minembwe byakurikiye ibindi biherutse kugabwa mu mujyi wa Masisi, aho amakuru avuga ko abaturage bagera kuri 20 bahasize ubuzima, mu gihe abandi barenga 40 bakomeretse.

Previous Post

Abasirikare b’u Burundi barashe umuhinzi wari ugiye guhinga

Next Post

Uganda: Internet yavanweho mbere y’uko amatora aba

Next Post
Uganda:  Internet yavanweho mbere y’uko amatora aba

Uganda: Internet yavanweho mbere y'uko amatora aba

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved