• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Abasirikare b’u Burundi barashe umuhinzi wari ugiye guhinga

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
January 12, 2026
in Amakuru
0
Abasirikare b’u Burundi barashe umuhinzi wari ugiye guhinga
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umuhinzi w’imyaka 53 y’amavuko yishwe arashwe n’abasirikare b’u Burundi, ubwo yari agiye mu murima we w’umuceri uherereye ku ruzi rwa Rusizi, rutandukanya u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), mu gace ka Rugombo, Komini ya Cibitoke, mu burengerazuba bw’igihugu.

Ibi byabaye ku wa Gatandatu tariki ya 10 Mutarama, ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, umunsi umwe gusa nyuma y’uko inzego z’umutekano zitangaje amabwiriza abuza abaturage kwegera umupaka uhuza u Burundi na DRC mu buryo ubwo ari bwo bwose.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Nk’uko amakuru aturuka mu baturage baho abivuga, uwo muhinzi wari utuye mu gace ka Mparambo, yari arimo kwerekeza mu murima we w’umuceri uri hafi y’uruzi rwa Rusizi. Yari aherekejwe n’undi mugabo wari waje kumufasha mu mirimo y’ubuhinzi.

Bigeze ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, bombi bahuye n’irondo ry’abasirikare bari mu kazi ko kurinda umupaka, hafi y’ikigo cya gisirikare cya Mparambo. Abo basirikare babategetse guhagarara, ariko bivugwa ko nyir’umurima yahise agerageza guhunga kubera ubwoba.

Abasirikare bahise bamurasa amasasu menshi, aho bivugwa ko atanu yamufashe mu mugongo, andi amukubita mu rubavu, ahita apfa ako kanya.

Uwo mugabo bari kumwe yahise atabwa muri yombi, asabwa gusobanura aho baturutse n’impamvu bari bageze muri ako gace.

Abaturage bo muri ako gace bemeza ko uwishwe nta kindi yari agamije uretse kujya mu murima we, kandi ko nta ntwaro yari yitwaje cyangwa ngo agire aho ahuriye n’igikorwa cyose kinyuranyije n’amategeko.

Aya makuru akomeje guteza impungenge abaturage bo mu bice byegereye umupaka, bibaza ku mutekano wabo mu gihe bajya mu mirimo yabo ya buri munsi.

Previous Post

Zambia: Umugabo yagiye mu bwiherero bumugwa hejuru

Next Post

Minembwe: FARDC yahagabye ibitero bihitana abagore n’abana

Next Post
Minembwe: FARDC yahagabye ibitero bihitana abagore n’abana

Minembwe: FARDC yahagabye ibitero bihitana abagore n'abana

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved