Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko igihugu cye cyagabye igitero simusiga mu murwa mukuru wa Venezuela, Caracas, aho yavuze ko Perezida Nicolás Maduro n’umugore we bafashwe bakurwa muri Venezuela.
Ibi Trump yabigarutseho mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa Truth Social kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 3 Mutarama 2026, aho yavuze ko igitero cyakozwe neza kandi kigamije guhagarika ubuyobozi bwa Maduro.
Yagize ati: “Perezida Nicolás Maduro n’umugore we bafashwe bakurwa muri Venezuela.”
Trump yongeyeho ko azatanga ibisobanuro birambuye mu kiganiro n’abanyamakuru ateganya kugirira mu rugo rwe rwa Mar-a-Lago ruherereye muri Leta ya Florida.
Ku rundi ruhande, ubutegetsi bwa Venezuela bwemeje ko bwibasiwe n’ibitero bya gisirikare byagabwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu murwa mukuru Caracas no mu zindi ntara zirimo Miranda, La Guaira na Aragua. Bwagaragaje ko nyuma y’ibi bitero, Perezida Nicolás Maduro yahise atangaza ibihe bidasanzwe mu gihugu.
Perezida Trump yari asanzwe anenga bikomeye ubutegetsi bwa Venezuela, by’umwihariko ashinja Nicolás Maduro uruhare mu gucuruza ibiyobyabwenge no kubinyuza mu nzira zigana muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Mu bihe byashize, Trump yatangije ibikorwa bya gisirikare byo guhagarika amato yavugwaga ko atwaye ibiyobyabwenge biva muri Venezuela ajya muri Amerika. Amerika kandi imaze igihe ifata amato atwaye peteroli ya Venezuela mu nyanja.
Ibi byose Venezuela yabyamaganye, ivuga ko ari imyitwarire ya gikoloni, ishimangira ko impamvu nyamukuru Amerika iyibasira atari ibiyobyabwenge, ahubwo ari inyungu zishingiye kuri peteroli n’umutungo kamere w’iki gihugu.




