Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, yagabweho igitero cy’indege z’intambara zitagira abapilote (drone) cyahitanye abasivile benshi, abandi barakomereka bikomeye.
Iki gitero cyabaye ku wa Gatanu, kikaba cyagabwe n’indege z’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), nk’uko byemejwe n’ibinyamakuru bitandukanye byo muri icyo gihugu.
Urubuga Tazama.rdc, ruzwiho gutangaza amakuru yegamiye kuri Leta ya Kinshasa, rwatangaje ko izo ndege zarashe ku ntego zitari zo, maze ibisasu bigwa ku nyubako y’umuryango utabara abana bababaye wa War Child uherereye muri Masisi Centre.
Ku ruhande rwe, Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko drone za Leta ya Congo “zarashe mu buryo buhumyi mu baturage bo muri Masisi Centre,” avuga ko imibare y’agateganyo igaragaza ko abantu batandatu bapfuye, mu gihe abandi benshi bakomeretse.
Ibyo byabereye mu gace ka Mont Ngaliema, kari muri Masisi Centre.
Urubuga ACTUALITE.CD na rwo rwatangaje ko gisasu cyarashwe ku manywa y’ihangu cyahitanye abantu bane, gikomeretsa barindwi, ndetse gisiga inzu nyinshi zangiritse bikomeye.
Amakuru aturuka ku baturage bari aho byabereye, ACTUALITE.CD itatangaje amazina yabo, avuga ko abakomeretse bihutiwe kujyanwa ku bitaro bya Masisi kugira ngo bahabwe ubuvuzi bwihuse.





