• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Muhanga:Umunyamategeko yakatiwe urumukwiye nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gusambanya umwana utujuje imyaka y’ubukure

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
December 31, 2025
in Amakuru
0
Muhanga:Umunyamategeko yakatiwe urumukwiye nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gusambanya umwana utujuje imyaka y’ubukure
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwahamije umunyamategeko wunganira abandi mu manza, Me Kanani Boniface, icyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa wari ufite imyaka 15, rumukatira igifungo cy’imyaka 15.

Iki cyemezo cyasomwe ku mugoroba wo ku wa Kabiri, tariki ya 30 Ukuboza 2025, nyuma y’uko Urukiko rusanze ibimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha bifite ishingiro.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Urukiko kandi rwemeje ko ikirego cy’indishyi cyatanzwe n’uwakorewe icyaha gifite ishingiro, rutegeka Me Kanani Boniface gutanga indishyi zingana na miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda (1,000,000 Frw) azahabwa umwana wahohotewe.

Muri uru rubanza, Urukiko rwahamije kandi Mizero Violette icyaha cyo kuba icyitso, rumukatira igifungo cy’imyaka itanu (5).

Mu iburanisha ryabanje, Me Kanani Boniface yari yahakanye ibyaha byose yaregwaga. Icyo gihe habaye impaka ndende mu iburanisha ku ifungwa ry’agateganyo, cyane cyane ku cyifuzo cy’Ubushinjacyaha cyasaba ko urubanza ruburanishwa mu muheezo.

Abanyamategeko batatu bunganiraga uregwa bari bamaganye icyo cyifuzo, bagaragaza ko mu iburanisha nta mwana wari uhari, bityo ko nta mpamvu yari ihari yo kuruburanisha mu muheezo.

Gusa Urukiko rwaje kwemeza icyifuzo cy’Ubushinjacyaha, ruburanisha urubanza mu muheezo hashingiwe ku bwoko bw’icyaha cyari kiregwa.

Previous Post

Gen. Sultani Makenga yasabye abayoboke ba AFC/M23 kureka kwirara ngo bumve ko intambara yageze ku musozo

Next Post

Kamanyola: Ubuyobozi burashinja ingabo z’u Burundi kurasa ibisasu 150 muri aka gace bigahitana abasivile

Next Post
Kamanyola: Ubuyobozi burashinja ingabo z’u Burundi kurasa ibisasu 150 muri aka gace bigahitana abasivile

Kamanyola: Ubuyobozi burashinja ingabo z’u Burundi kurasa ibisasu 150 muri aka gace bigahitana abasivile

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved