Kutitabira kwa Element EleeeH igitaramo yari ategerejwemo gukorana na Sat B mu mujyi wa Hannover mu Budage, mu ijoro ryo ku wa 25 Ukuboza 2025, byateje umwuka mubi aho byarangiye havutse imirwano ikomeye.
Ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho agaragaza abantu bamwe bakomeretse muri ayo makimbirane, nubwo umubare nyakuri w’abagize ibibazo utatangajwe ako kanya.
Abari bashinzwe gutegura iki gitaramo batangajwe bikomeye n’uko, hasigaye amasaha abiri gusa ngo gitangire, babonye ubutumwa bubamenyesha ko Element EleeeH atabasha kuhagera.
Igihe igitaramo cyari kirangiye atigeze agaragara ku rubyiniro, bamwe mu bafana bararakaye cyane, bashinja abateguye igikorwa n’uwavangaga imiziki kubashuka barabasagarira bashaka kubakubita basaba ko basubizwa amafaranga y’amatike.
Ibyo byarakaje imbaga bituma habaho imirwano, Polisi iza kwivanga kugira ngo igarure ituze.
Umwe mu bari mu itsinda ryateguye iki gitaramo yatangaje ko bababajwe cyane n’ibyabaye, ariko anavuga ko bumva uburakari bw’abafana bishyuye amafaranga yabo bategereje umuhanzi batigeze babona.
Yongeyeho ko bari baramaze no kugura itike y’indege ya Element EleeeH, ndetse ko yari yabijeje ko azagera i Hannover ku manywa yo ku wa 25 Ukuboza, mbere yo gutungurana akababwira ko atagishoboye kuhagera hasigaye umwanya muto.
Ku ruhande rwe, Element EleeeH yanyujije ubutumwa bwo gusaba imbabazi ku mbuga nkoranyambaga, asobanura ko yagize ikibazo cy’inyandiko zimwemerera gukora urugendo zatinze gutunganywa. Yijeje abakunzi be ko azabashakira umwanya akabataramira mu gihe kiri imbere.




