• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
December 26, 2025
in Amakuru
0
Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu Karere ka Rulindo, muri Paruwasi ya Rutonde iherereye mu Murenge wa Shyorongi, haravugwa ifungwa rya Padiri Gakuba Célestin, wasomye Misa mu kiliziya yari yarafunzwe n’inzego z’ubuyobozi kubera kutuzuza ibisabwa.

Amakuru aturuka muri aka karere avuga ko uyu mupadiri yafatiwe icyemezo n’ubuyobozi bw’akarere nyuma yo gusomera Misa ahantu hari harafunzwe by’agateganyo. Nyuma yo gufatwa, yahise ajyanwa gufungirwa mu kigo cy’inzererezi (Transit Center) giherereye i Tare.

Related posts

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026
Iran yaburiye Donald Trump kugenza make, imubwira ko ashobora kwisanga ariwe wishwe nyuma y’ibyo yavuze

Iran yaburiye Donald Trump kugenza make, imubwira ko ashobora kwisanga ariwe wishwe nyuma y’ibyo yavuze

March 10, 2026

Aya makuru yemejwe n’umunyamakuru Sam Kabera, wayatangaje abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, aho ku wa 24 Ukuboza 2025 yagaragaje ko Padiri Gakuba yafashwe nyuma yo gusomera Misa ku Cyumweru mu kiliziya yari yarabujijwe gukorerwamo amasengesho. Yongeyeho ko muri icyo kigo cya Transit Center i Tare, uyu mupadiri yahasanze abandi bantu barimo n’abafashwe bakekwaho gusenga ahantu hatemewe, bamazeyo ibyumweru birenga bitatu.

Uyu munyamakuru yakomeje gukurikirana iyi nkuru, anabyemeza kuri Ukwelitimes.com, agaragaza ko amakuru afite ayizeye neza.

Ku wa 25 Ukuboza 2025, Sam Kabera yongeye gutangaza ko Padiri Gakuba yimuriwe mu Mujyi wa Kigali, abisabwe na Karidinali Antoine Kambanda, kuko Paruwasi ya Rutonde iri muri Arikidiyosezi ya Kigali.

Kuri ubu, uyu mupadiri ngo afungiye mu kigo cya Transit Center giherereye i Gikondo, ahazwi nko kwa Kabuga.

Amakuru akomeza avuga ko abandi bantu bari bafunganywe na Padiri Gakuba i Tare bo basigaye yo, aho bivugwa ko nabo bafashwe bakekwaho gusengera ahantu hatemewe, bamaze hafi ukwezi mu kigo cy’inzererezi.

Previous Post

Abarwanyi ba AFC/M23 ubwo barimo gucunga umutekano baguye mu mutego w’inyeshyamb za wazalendo bakozanyaho

Next Post

Abarwanyi ba M23 bagabweho igitero na FARDC amato barimo arangirika

Next Post
Abarwanyi ba M23 bagabweho igitero na FARDC amato barimo arangirika

Abarwanyi ba M23 bagabweho igitero na FARDC amato barimo arangirika

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved